• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n’umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura birambuye uko uwo arega yayabonye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo hasakaye amashusho agaragaramo uyu muhanzi Florien Uworizagwira uzwi nka Yampano n’umukunzi we bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Uyu muhanzi wari utaragira icyo atangaza kuri ariya mashusho, yabwiye ikinyamakuru The New Times, ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwitwa Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo wasakaje ariya mashusho, wayashyize hanze tariki 09 Ugushyingo, akaza gusakara ku mbuga nkoranyambaga zirimo WhatsApp na Snapchat.

Yampano yabwiye iki kinyamakuru ko we n’uyu washyize hanze ariya mashusho, bigeze kubana mu nzu imwe mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Gusa umubano wabo wajemo agatotsi ubwo uyu muhanzi yasabaga Pazzo kumubisa kuko we n’umukunzi we bifuzaga “kwisanzura mu buzima bwite.”

Yampano yemeza ko uyu musore babanaga mu nzu, ari we uri inyuma y’isakara ry’ariya mashusho kuko ari we wabashaga kugera aho yari yarayabitse.

Uwo Pazzo yakoreshaga imbuga nkoranyambaga za Yampano, amufasha gusangiza abantu amavideo y’indirimbo ze mu rwego rwo kuzimenyekanisha.

Amashusho yagiye hanze ate?

Yampano avuga ko ariya mashusho yayafashe muri Gicurasi uyu mwaka abyumvikanyeho n’umukunzi we. Icyo gihe yari akibana na Pazzo. Ngo nyuma yo kuyafata yayabitse ku mbuga nkoranyambaga ze z’ibanga.

Yampano uvuga ko ariya mashusho atari yayafashe ngo ajye hanze, yagize ati “Njye n’umukunzi wanjye twafashe ariya mashusho mu buryo bw’ibanga turi twenyine.”

Avuga ko mbere atigeze agirana ikibazo n’uriya Pazzo, ndetse ko yashoboraga gufata telephone ye kuko ari we wakoreshaga imbuga nkoranyambaga ze.

Ati “Kuva nashyira hanze indirimbo ‘Sibyange’ yakomeje kumfasha gufata video ngufi kandi nkamwishyura 10% by’amafaranga nakuraga mu bitaramo.”

Yampano avuga ko ikibazo cyatangiye kubaho hagati ye na Pazzo ubwo yamusabaga ko batandukana, kugira ngo abashe kubana n’umukunzi we, akanamusaba gusohoka muri Konti ze z’imbuga nkoranyambaga ze.

Avuga ko ubwo Pazzo yari agiye kwimuka, yamusabye ibihumbi 500 Frw byo kujya gutangira ubuzima bushya.

Ati “Nabanje kumuha ibihumbi 300 Frw kuko ntari mfite amafaranga ahagije, ariko yanga kugenda. Naramubajije nti ‘Pazzo urashaka ko ibintu bikomera?’ ‘None se ninguha amafaranga yose urimuka?’ arabyemera, rero naje kuyamuha yose, ariko akomeza kwinangira kugenda.”

Yampano avuga ko yibuka igihe uriya Pazzo yibye ariya mashusho, nubwo yumvaga yarahise ayisiba umunsi yayifatiyeho. Avuga ko kuva icyo gihe, baje kugirana ubushyamirane ndetse n’umugore w’uyu muhanzi.

Yampano avuga ko nyuma y’iminsi micye Pazzo yimutse, hari inshuti ze zatangiye kumubwira ko uyu musore afite amashusho ye y’urukozasoni.

Ati “Nanjye ubwanjye naramwiyumviye muri Interview yivugira ko yakuye video muri telefone yanjye kandi ko yasheyarinze screenshot yayo inshuti zanjye mbere yuko ayisiba.”

Avuga ko na we yakubiswe n’inkuba ubwo ariya mashusho yacicikanaga ku itariki ya 09 n’iya 10. Kandi ko ahamya ko byose ari umugambi wo kumuhindanyiriza isura dore ko yitegura kujya mu gitaramo i Paris mu Bufaransa tariki 17 Ugushyingo.

Ati “Hari abanzi batifuza ko njya kuririmba i Paris. Barashaka kwangiza isura yanjye, akaba ari bo bashyize hanze iyi video.”

Yakomeje agira ati “Sinshobora kwishyirira hanze video yanjye. Buriya ni ubuzima bwite bwanjye n’umuryango wanjye. ntabwo ndi injiji yo kuba nakurura abantu nkoresheje uburyo nka buriya. Namaze kumenyekana.”

Pazzo we ahakana ibi ashinjwa, akanahakana ko atigeze abana na Yampano, akavuga ko ahubwo yari manager we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 1 =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Next Post

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.