Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe

radiotv10by radiotv10
12/11/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Yampano arashyize avuga byose iby’ariya mashusho n’icyo yakoze nyuma yuko asakajwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Yampano, yatangaje ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwashyize hanze amashusho agaragaramo we n’umukunzi we bari mu gikorwa cy’ibanga, anasobanura birambuye uko uwo arega yayabonye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo hasakaye amashusho agaragaramo uyu muhanzi Florien Uworizagwira uzwi nka Yampano n’umukunzi we bari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.

Uyu muhanzi wari utaragira icyo atangaza kuri ariya mashusho, yabwiye ikinyamakuru The New Times, ko yamaze gutanga ikirego aregamo uwitwa Patrick Ishimwe uzwi nka Pazzo wasakaje ariya mashusho, wayashyize hanze tariki 09 Ugushyingo, akaza gusakara ku mbuga nkoranyambaga zirimo WhatsApp na Snapchat.

Yampano yabwiye iki kinyamakuru ko we n’uyu washyize hanze ariya mashusho, bigeze kubana mu nzu imwe mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Gusa umubano wabo wajemo agatotsi ubwo uyu muhanzi yasabaga Pazzo kumubisa kuko we n’umukunzi we bifuzaga “kwisanzura mu buzima bwite.”

Yampano yemeza ko uyu musore babanaga mu nzu, ari we uri inyuma y’isakara ry’ariya mashusho kuko ari we wabashaga kugera aho yari yarayabitse.

Uwo Pazzo yakoreshaga imbuga nkoranyambaga za Yampano, amufasha gusangiza abantu amavideo y’indirimbo ze mu rwego rwo kuzimenyekanisha.

Amashusho yagiye hanze ate?

Yampano avuga ko ariya mashusho yayafashe muri Gicurasi uyu mwaka abyumvikanyeho n’umukunzi we. Icyo gihe yari akibana na Pazzo. Ngo nyuma yo kuyafata yayabitse ku mbuga nkoranyambaga ze z’ibanga.

Yampano uvuga ko ariya mashusho atari yayafashe ngo ajye hanze, yagize ati “Njye n’umukunzi wanjye twafashe ariya mashusho mu buryo bw’ibanga turi twenyine.”

Avuga ko mbere atigeze agirana ikibazo n’uriya Pazzo, ndetse ko yashoboraga gufata telephone ye kuko ari we wakoreshaga imbuga nkoranyambaga ze.

Ati “Kuva nashyira hanze indirimbo ‘Sibyange’ yakomeje kumfasha gufata video ngufi kandi nkamwishyura 10% by’amafaranga nakuraga mu bitaramo.”

Yampano avuga ko ikibazo cyatangiye kubaho hagati ye na Pazzo ubwo yamusabaga ko batandukana, kugira ngo abashe kubana n’umukunzi we, akanamusaba gusohoka muri Konti ze z’imbuga nkoranyambaga ze.

Avuga ko ubwo Pazzo yari agiye kwimuka, yamusabye ibihumbi 500 Frw byo kujya gutangira ubuzima bushya.

Ati “Nabanje kumuha ibihumbi 300 Frw kuko ntari mfite amafaranga ahagije, ariko yanga kugenda. Naramubajije nti ‘Pazzo urashaka ko ibintu bikomera?’ ‘None se ninguha amafaranga yose urimuka?’ arabyemera, rero naje kuyamuha yose, ariko akomeza kwinangira kugenda.”

Yampano avuga ko yibuka igihe uriya Pazzo yibye ariya mashusho, nubwo yumvaga yarahise ayisiba umunsi yayifatiyeho. Avuga ko kuva icyo gihe, baje kugirana ubushyamirane ndetse n’umugore w’uyu muhanzi.

Yampano avuga ko nyuma y’iminsi micye Pazzo yimutse, hari inshuti ze zatangiye kumubwira ko uyu musore afite amashusho ye y’urukozasoni.

Ati “Nanjye ubwanjye naramwiyumviye muri Interview yivugira ko yakuye video muri telefone yanjye kandi ko yasheyarinze screenshot yayo inshuti zanjye mbere yuko ayisiba.”

Avuga ko na we yakubiswe n’inkuba ubwo ariya mashusho yacicikanaga ku itariki ya 09 n’iya 10. Kandi ko ahamya ko byose ari umugambi wo kumuhindanyiriza isura dore ko yitegura kujya mu gitaramo i Paris mu Bufaransa tariki 17 Ugushyingo.

Ati “Hari abanzi batifuza ko njya kuririmba i Paris. Barashaka kwangiza isura yanjye, akaba ari bo bashyize hanze iyi video.”

Yakomeje agira ati “Sinshobora kwishyirira hanze video yanjye. Buriya ni ubuzima bwite bwanjye n’umuryango wanjye. ntabwo ndi injiji yo kuba nakurura abantu nkoresheje uburyo nka buriya. Namaze kumenyekana.”

Pazzo we ahakana ibi ashinjwa, akanahakana ko atigeze abana na Yampano, akavuga ko ahubwo yari manager we.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Min.Nduhungirehe yavuze ku nama yari guhuriramo Perezida Kagame na Tshisekedi yasubitswe ku munota wa nyuma

Next Post

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Related Posts

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuhanzikazi Alyn Sano yabajijwe niba akiri isugi, abanza gutungurwa no kuba uwari ubimubajije atinyuka kubimubaza, amusubiza na we amubaza niba...

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

Balancing full-time job/studies with passion projects: Stories of Kigali youth chasing dreams after 5pm

by radiotv10
09/12/2025
0

In Kigali today, many young people are rewriting what it means to work, hustle, and build a future. The city...

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Digital detox for the Social-Media Generation: Reclaiming your time & sanity

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.