Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho

radiotv10by radiotv10
29/09/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
2
Yasutse amarira: NiyoBosco ngo arambiwe guhaza igifu cy’abandi we yicira isazi mu jisho
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Niyokwizerwa Bosco uzwi nka Niyo Bosco yavuze ko ubwamamare bwe ntacyo bumumariye ahubwo ko bwakijije abandi mu gihe we yumva yasubira mu bihe yarimo ataramamara.

Niyo Bosco usanzwe afite ubumuga bwo kutabona ariko akaba afite impano itangaje mu kuririmba, asanzwe afashwa mu muziki n’Umunyamakuru Murindahabi Irene uzwi nka M. Irene.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Niyo Bosco yahishuye ko ibyo abantu bakeka ko yakize atari ko bimeze ahubwo ko yakijije abandi.

Muri ubu butumwa, yateruye agaragaza ko atishimiye uwo ari we uyu munsi ndetse ko yumva yifuza kubaho mu buzima yahozemo kurusha gukomeza kuba uwo ari we.

Ati “Birashengura kubaho wiyoberanya wigira uwo utari we kandi ibintu bigakomeza gutyo nyamara igihe kizabisobanura.”

Yakomeje agira ati “Ndemerewe no guhora nirengagiza ko ndi guhaza igifu cy’abandi nyamara icyanjye kirimo ubusa. Nakwifuje ko abantu bavuga ko hari intambwe nagezweho ko babyibagirwa ahubwo bagaharanira ishema ryanjye.”

https://twitter.com/niyobosco250/status/1575091536651759616

Muri ubu butumwa bwumvikanamo kubogoza, Niyo Bosco yavuze ko arambiwe gukomeza gutuma bamwe bakira by’ikirenga mu gihe we akomeza gusubira inyuma, asoza avuga ko ibi bikomeje kumugiraho ingaruka mu buzima bw’imitekerereze.

M. Irene usanzwe afasha uyu muhanzi, umwaka ushize yagarutsweho cyane mu itangazamakuru ubwo umubyeyi w’abahanzi Vestine na Dorcas na bo basanzwe bafaswa n’uyu munyamakuru, yahagurukaga akavuga ko arambiwe ko abana be bakomeje gukiza uyu musore nyamara impano yabo bo ntacyo ibagezaho.

Ni inkuru yagarutswe cyane aho bamwe bavugaga ko uyu mubyeyi yirengagije ko abana be bazamuwe na M. Irene mu gihe hari n’abandi bavugaga ko uyu munyamakuru na we atari akwiye gucura aba bahanzi ku bushobozi akura mu mpano yabo.

Niyo Bosco ngo arambiwe ibihe byo kwiyoberanya abayemo
Ngo yumva yifuza kubaho uko yari ameze mbere

RADIOTV10

Comments 2

  1. Phionah Umuganwa says:
    3 years ago

    Yihangane dis niba ariko nimeza ukuntu manager we namwemeraga🥺🥺

    Reply
  2. Azoubaire says:
    3 years ago

    Ariko bwaba ari Ubugona bubi kubamufashije Kuzamuka , bamufatiranjyije no kuba Atabona Ubundi Basahurira munduru Banyamuryabana ngo barazamurimpano Itazagira icyimarira Nyirayo ?

    Ubupfura Buke butuma Bamufata Nkigikoresho cg igishoro Bakoresha Mugushaka amikoro , Nyamara bazabazwa byinshi Babagabo ntibanatekereza aho barikujya kweri ……….

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Ituri: MONUSCO ngo irambiwe gutsindwa ifatanyije na FARDC none yafashe ingamba zikomeye

Next Post

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Related Posts

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.