Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, watinyutse umurimo wo kudoda nyuma yuko umugabo we amutanye abana batandatu, none ubu aka kazi katamenyerewe ku b’igitsinagore kamufasha gutunga abana be adasabirije.

Uyu mubyeyi witwa Nyiraruhongore Francine udodera inkweto ku muhanda w’ahitwa kuri 40 mu isantere ya Bugarama, avuga ko yatinyutse aka kazi nyuma yo kumva kenshi ko umugore na we ashobora gutinyuka agakora.

Ati “Baravuze ngo kazi ni kazi. Baravuga ngo abagore natwe nitwihangire imirimo, ni bwo nahise mfata icyemezo nza ku muhanda nshakisha ukuntu nakwiga kubikora.”

Nyiraruhongore avuga ko kudoda inkweto biba bimaze kugira ahantu hafatika bimugeza mu gihe amaze abikora, ariko kuba yaratawe n’umugabo wagiye gushaka undi mugore kugeza ubu ngo bimufasha kurera abana yamutanye.

Agira ati “Kuba umugabo atari mu rugo ikintu bimfashije bintungiye abana nanjye biramfasha. Byandinze kwandagara ku buryo bwo kwiyandarika. Ni akazi kangaburira ka buri gihe abe mcye ndayabona si kimwe no kuba yari kunta ntafite umwuga.”

Yifuza kwagura ibyo akora bikava ku rwego rwo kudoda inkweto zacitse bikagera aho yabona imashini ndeste n’aho gukorera ku buryo yajya akora inkweto bitari ukudoda gusa.

Ati “Ku buryo nabona nk’ahantu nakwicara nkaba nanjye nakwiga kuzikora nkabona akamashini ku buryo umuntu wese yambona akavuga ngo uriya mugore yahanze umurimo ufite ikintu umufashije”.

Bamwe mu bo adodera inkweto ndetse n’abandi, barangazwa n’uburyo akora aka kazi kandi ari umugore, bavuga ko abikora neza bamwe bagasanga ntacyo bagenzi be b’igitsinagabo bakora aka kazi bamurusha.

Serukundo Desire ati “Adoda neza cyane arakomeza kandi ntakibazo tumugiraho pe. Buri gihe cyose urukweto rwanjye iyo rwacitse ni we ujya undodera.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku Rwego rw’Akarere ka Rusizi, Ujeneza Olive ashimira umuhate w’uyu mugore ndetse agatanga icyizere ko hari uburyo bwo kumuhuza n’abaterankunga bashobora kumufasha akagura ibikorwa bye.

Ati “Icyo umugabo ashobora gukora, umugore na we ashobora kugikora. Uwo mudamu rero ni urugero rw’ibifatika. Ubwo rero iyo tugize amahirwe tukabona umugore nk’uwo baterankunga tuba dufite tubabwira ko dufite abagore batinyutse mu buryo ubu n’ubu. Ndahita mvugana na CNF wa Bugarama abe yamushyira ku rutonde na we azagire icyo yirata yagejejweho n’imiyoborere myiza.”

Uyu mubyeyi, avuga ko iyo byagenze neza ku munsi ashobora gucyura amafaranga ari hagati y’ibihumbi bibiri ndetse n’ibihumbi bitatu, bimufasha kugaburira abana batandatu yatanywe n’umugabo bugacya agasubira gukora aka kazi avuga ko kamurinze kwiyandarika no gusabiriza.

Iyo ari mu kazi birangaza benshi
Benshi bavuga ko adoda neza

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Next Post

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.