Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, watinyutse umurimo wo kudoda nyuma yuko umugabo we amutanye abana batandatu, none ubu aka kazi katamenyerewe ku b’igitsinagore kamufasha gutunga abana be adasabirije.

Uyu mubyeyi witwa Nyiraruhongore Francine udodera inkweto ku muhanda w’ahitwa kuri 40 mu isantere ya Bugarama, avuga ko yatinyutse aka kazi nyuma yo kumva kenshi ko umugore na we ashobora gutinyuka agakora.

Ati “Baravuze ngo kazi ni kazi. Baravuga ngo abagore natwe nitwihangire imirimo, ni bwo nahise mfata icyemezo nza ku muhanda nshakisha ukuntu nakwiga kubikora.”

Nyiraruhongore avuga ko kudoda inkweto biba bimaze kugira ahantu hafatika bimugeza mu gihe amaze abikora, ariko kuba yaratawe n’umugabo wagiye gushaka undi mugore kugeza ubu ngo bimufasha kurera abana yamutanye.

Agira ati “Kuba umugabo atari mu rugo ikintu bimfashije bintungiye abana nanjye biramfasha. Byandinze kwandagara ku buryo bwo kwiyandarika. Ni akazi kangaburira ka buri gihe abe mcye ndayabona si kimwe no kuba yari kunta ntafite umwuga.”

Yifuza kwagura ibyo akora bikava ku rwego rwo kudoda inkweto zacitse bikagera aho yabona imashini ndeste n’aho gukorera ku buryo yajya akora inkweto bitari ukudoda gusa.

Ati “Ku buryo nabona nk’ahantu nakwicara nkaba nanjye nakwiga kuzikora nkabona akamashini ku buryo umuntu wese yambona akavuga ngo uriya mugore yahanze umurimo ufite ikintu umufashije”.

Bamwe mu bo adodera inkweto ndetse n’abandi, barangazwa n’uburyo akora aka kazi kandi ari umugore, bavuga ko abikora neza bamwe bagasanga ntacyo bagenzi be b’igitsinagabo bakora aka kazi bamurusha.

Serukundo Desire ati “Adoda neza cyane arakomeza kandi ntakibazo tumugiraho pe. Buri gihe cyose urukweto rwanjye iyo rwacitse ni we ujya undodera.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku Rwego rw’Akarere ka Rusizi, Ujeneza Olive ashimira umuhate w’uyu mugore ndetse agatanga icyizere ko hari uburyo bwo kumuhuza n’abaterankunga bashobora kumufasha akagura ibikorwa bye.

Ati “Icyo umugabo ashobora gukora, umugore na we ashobora kugikora. Uwo mudamu rero ni urugero rw’ibifatika. Ubwo rero iyo tugize amahirwe tukabona umugore nk’uwo baterankunga tuba dufite tubabwira ko dufite abagore batinyutse mu buryo ubu n’ubu. Ndahita mvugana na CNF wa Bugarama abe yamushyira ku rutonde na we azagire icyo yirata yagejejweho n’imiyoborere myiza.”

Uyu mubyeyi, avuga ko iyo byagenze neza ku munsi ashobora gucyura amafaranga ari hagati y’ibihumbi bibiri ndetse n’ibihumbi bitatu, bimufasha kugaburira abana batandatu yatanywe n’umugabo bugacya agasubira gukora aka kazi avuga ko kamurinze kwiyandarika no gusabiriza.

Iyo ari mu kazi birangaza benshi
Benshi bavuga ko adoda neza

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Next Post

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Related Posts

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.