Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya

radiotv10by radiotv10
08/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Yatinyutse umurimo utamenyerewe kuri bagenzi be nyuma yuko uwo bari barashakanye amutereranya
Share on FacebookShare on Twitter

Umubyeyi wo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, watinyutse umurimo wo kudoda nyuma yuko umugabo we amutanye abana batandatu, none ubu aka kazi katamenyerewe ku b’igitsinagore kamufasha gutunga abana be adasabirije.

Uyu mubyeyi witwa Nyiraruhongore Francine udodera inkweto ku muhanda w’ahitwa kuri 40 mu isantere ya Bugarama, avuga ko yatinyutse aka kazi nyuma yo kumva kenshi ko umugore na we ashobora gutinyuka agakora.

Ati “Baravuze ngo kazi ni kazi. Baravuga ngo abagore natwe nitwihangire imirimo, ni bwo nahise mfata icyemezo nza ku muhanda nshakisha ukuntu nakwiga kubikora.”

Nyiraruhongore avuga ko kudoda inkweto biba bimaze kugira ahantu hafatika bimugeza mu gihe amaze abikora, ariko kuba yaratawe n’umugabo wagiye gushaka undi mugore kugeza ubu ngo bimufasha kurera abana yamutanye.

Agira ati “Kuba umugabo atari mu rugo ikintu bimfashije bintungiye abana nanjye biramfasha. Byandinze kwandagara ku buryo bwo kwiyandarika. Ni akazi kangaburira ka buri gihe abe mcye ndayabona si kimwe no kuba yari kunta ntafite umwuga.”

Yifuza kwagura ibyo akora bikava ku rwego rwo kudoda inkweto zacitse bikagera aho yabona imashini ndeste n’aho gukorera ku buryo yajya akora inkweto bitari ukudoda gusa.

Ati “Ku buryo nabona nk’ahantu nakwicara nkaba nanjye nakwiga kuzikora nkabona akamashini ku buryo umuntu wese yambona akavuga ngo uriya mugore yahanze umurimo ufite ikintu umufashije”.

Bamwe mu bo adodera inkweto ndetse n’abandi, barangazwa n’uburyo akora aka kazi kandi ari umugore, bavuga ko abikora neza bamwe bagasanga ntacyo bagenzi be b’igitsinagabo bakora aka kazi bamurusha.

Serukundo Desire ati “Adoda neza cyane arakomeza kandi ntakibazo tumugiraho pe. Buri gihe cyose urukweto rwanjye iyo rwacitse ni we ujya undodera.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore ku Rwego rw’Akarere ka Rusizi, Ujeneza Olive ashimira umuhate w’uyu mugore ndetse agatanga icyizere ko hari uburyo bwo kumuhuza n’abaterankunga bashobora kumufasha akagura ibikorwa bye.

Ati “Icyo umugabo ashobora gukora, umugore na we ashobora kugikora. Uwo mudamu rero ni urugero rw’ibifatika. Ubwo rero iyo tugize amahirwe tukabona umugore nk’uwo baterankunga tuba dufite tubabwira ko dufite abagore batinyutse mu buryo ubu n’ubu. Ndahita mvugana na CNF wa Bugarama abe yamushyira ku rutonde na we azagire icyo yirata yagejejweho n’imiyoborere myiza.”

Uyu mubyeyi, avuga ko iyo byagenze neza ku munsi ashobora gucyura amafaranga ari hagati y’ibihumbi bibiri ndetse n’ibihumbi bitatu, bimufasha kugaburira abana batandatu yatanywe n’umugabo bugacya agasubira gukora aka kazi avuga ko kamurinze kwiyandarika no gusabiriza.

Iyo ari mu kazi birangaza benshi
Benshi bavuga ko adoda neza

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 7 =

Previous Post

Rusizi: Abatuye ahitiriwe umujyi uzwi ku Isi bavuga ko ntacyo bibamariye

Next Post

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

The Ben yatangaje amakuru yifuzwaga kumenywa n’abakunzi be ku mwana bagiye kwibaruka we na Pamella

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.