Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere, inkuru ibabaje yongeye kumvikana ku Isi ubwo Indenge yo mu bwoko bwa Boeing 737-800 yari itwaye abantu 132 yakoreraga impanuka mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Bushinwa. Amakuru mashya yabonetse ni uko yahanutse iturutse muri metero zirenga 8 000 z’ubutumburuke.

Iyi ndege ya sosiyete izwi nka China Eastern Airlines, yakoreye impanuka mu gace k’icyaro ka Guangxi gaherereye hafi y’umujyi wa Wuzhou ubwo yagwaga ku musozi witaruye ahantu hasanzwe hatuye abantu, igashya igakongoka.

Amatsinda y’ubutabazi mu Bushinwa yahise yoherezwa muri aka gace, gusa amakuru avayo avuga ko bigoye kuba hari umuntu waba warokotse iyi mpanuka.

Ibibazo ni byinshi ku bibaza icyaha cyateye iyi mpanuka y’iyi ndege bivugwa ko yahanutse iturutse muri Metero 8 400.

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping yasabye ko hakorwa iperereza ryihuse ku cyaba cyateye iyi mpanuka bikaba byanatumye abashinzwe kuzimya inkongi ndetse n’abandi bashinzwe iperereza bamanukira muri aka gace ko mu cyaro ko mu Ntara ya Guangxi.

Abashinzwe ubutabazi bageze aha, babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko hari amakuru avuga ko abagenzi bose bari muri iyi ndege bose bitabye Imana.

Umuturage umwe wo muri aka gace kabereyemo impanuka, yavuze ko bagiye kumva bakumva ikintu gikubise mu ijwi rirangurura nk’inkuba kivugiye mu misozi.

Ibitangazamakuru bimwe byo mu Bushinwa byagaragaje bimwe mu bice by’iyi ndege byagi, ndetse n’ibiti byavunaguritse ahabereye iyi mpanuka.

Hakaba hari n’andi matsinda yohereje indege zitagira abapilote zizwi nka Drone ziri gushakisha amakuru ahagije muri iri shyamba.

Amakuru aturuka i Guangzhou, avuga ko abantu 123 mu bari muri iyi ndege, ari abagenzi mu gihe abandi icyenda (9) ari abakozi b’iyi sosiyete.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + 17 =

Previous Post

Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe

Next Post

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe
AMAHANGA

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.