Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka

radiotv10by radiotv10
22/03/2022
in MU RWANDA
0
Yaturutse muri Metero 8.000: Andi makuru ku ndege yari itwaye abantu 132 yakoze impanuka
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Mbere, inkuru ibabaje yongeye kumvikana ku Isi ubwo Indenge yo mu bwoko bwa Boeing 737-800 yari itwaye abantu 132 yakoreraga impanuka mu majyepfo ashyira uburasirazuba bw’u Bushinwa. Amakuru mashya yabonetse ni uko yahanutse iturutse muri metero zirenga 8 000 z’ubutumburuke.

Iyi ndege ya sosiyete izwi nka China Eastern Airlines, yakoreye impanuka mu gace k’icyaro ka Guangxi gaherereye hafi y’umujyi wa Wuzhou ubwo yagwaga ku musozi witaruye ahantu hasanzwe hatuye abantu, igashya igakongoka.

Amatsinda y’ubutabazi mu Bushinwa yahise yoherezwa muri aka gace, gusa amakuru avayo avuga ko bigoye kuba hari umuntu waba warokotse iyi mpanuka.

Ibibazo ni byinshi ku bibaza icyaha cyateye iyi mpanuka y’iyi ndege bivugwa ko yahanutse iturutse muri Metero 8 400.

Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping yasabye ko hakorwa iperereza ryihuse ku cyaba cyateye iyi mpanuka bikaba byanatumye abashinzwe kuzimya inkongi ndetse n’abandi bashinzwe iperereza bamanukira muri aka gace ko mu cyaro ko mu Ntara ya Guangxi.

Abashinzwe ubutabazi bageze aha, babwiye Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP ko hari amakuru avuga ko abagenzi bose bari muri iyi ndege bose bitabye Imana.

Umuturage umwe wo muri aka gace kabereyemo impanuka, yavuze ko bagiye kumva bakumva ikintu gikubise mu ijwi rirangurura nk’inkuba kivugiye mu misozi.

Ibitangazamakuru bimwe byo mu Bushinwa byagaragaje bimwe mu bice by’iyi ndege byagi, ndetse n’ibiti byavunaguritse ahabereye iyi mpanuka.

Hakaba hari n’andi matsinda yohereje indege zitagira abapilote zizwi nka Drone ziri gushakisha amakuru ahagije muri iri shyamba.

Amakuru aturuka i Guangzhou, avuga ko abantu 123 mu bari muri iyi ndege, ari abagenzi mu gihe abandi icyenda (9) ari abakozi b’iyi sosiyete.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Urukiko rwari rwarekuye umunyemari uregwa Miliyoni 100 rwavuze ko kuba agifunzwe nta tegeko ryishwe

Next Post

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Umuvugo uteye ubwuzu wanditswe na Mme Jeannette Kagame uvuga ubutwari bw’Abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.