Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Zambia: Minisitiri waje mu Nteko yambaye ikanzu ngo igakorogoshora Umudepite w’umugabo hari icyo yasabwe

radiotv10by radiotv10
21/10/2022
in MU RWANDA, UDUSHYA
0
Zambia: Minisitiri waje mu Nteko yambaye ikanzu ngo igakorogoshora Umudepite w’umugabo hari icyo yasabwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Zambia habaye impaka zazamuwe n’ikanzu yari yambawe na Minisitiri w’Ubuzima, Sylvia Masebo ngo yateje umutekano mucye mu bitekerezo by’Abadepite b’Abagabo, bagasaba ko atwikiraho igitambaro.

Mu Nteko Ishinga Amategeko ya Zambia, abayigize basanzwe bafite amabwiriza y’imyambarire yabo aho abagore bategekwa kwambara amakoti hejuru n’amajipo maremare arenga ku mavi cyangwa ipantalo na yo itabonerana cyangwa bakaba bakwambara imyambaro gakondo ariko na yo ituma bambara bakikwiza.

Ikinyamakuru Intellivoire.net, kivuga ko Minisitiri Sylvia Masebo yaje mu Nteko Ishinga Amategeko yambaye ikanzu igaragaza ibice by’intugu ze n’umugongo, bigatuma umwe mu Badepite w’umugabo avuga ko bibabangamiye mu bwonko.

Umudepdite w’Umugabo wo muri iyi Nteko ya Zambia, yavuze ko iyo myambarire ya Minisitiri iri “guteza intugunda mu bitekerezo.”

Iyi Ntumwa ya Rubanda yahise isaba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ko yasaba uyu Muminisitiri korosa igitambaro kuri ibyo bice by’umubiri we byagaragaraga.

Gusa Perezida w’Inteko we, yavugaga ko abona imyambarire ya Minisiriri Sylvia Masebo idateje ikibazo ariko ntibyabujije Minisitiri gutira agatambaro umwe mu Badepite, akakiyorosa kuri ibyo bice bye byagaragaraga.

Bamwe mu badepite b’abagore muri iyi Nteko ya Zambia, bavuze ko ibyakorewe Minisitiri Sylvia ari ihohoterwa ryo kumwibasira rishingiye ku gitsina cye, bakavuga ko binahonyora uburenganzira bw’abari n’abategarugori.

Minisitiri Sylvia Masebo ubwo yari mu Nteko asabwa gutwikiraho igitambaro

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

DRC: Urugamba hagati ya FARDC na M23 rwongeye kwambikana

Next Post

Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

Uwakuraga urumogi muri Congo bamuguye gitumo afite udupfunyika 5.600 ahita abivuga byose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.