Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya

radiotv10by radiotv10
16/08/2023
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Zimbabwe: Abashyigikiye uhabwa amahirwe yo kuba Perezida bahuye n’uruva gusenya
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ya Zimbabwe yataye muri yombi abantu 40 b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ubwo bari mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wabo uzarihagararira mu amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri iki Gihugu.

Umuvugizi w’ishyaka riri ku butegetsi, Fadzayi Mahere, yatangaje ko mu batawe muri yombi harimo Gladmore Hakata, uri mu bakandida bitegura kuzahatanira umwanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’iki Gihugu kuri uyu wa Kabiri, rivuga ko iri shyaka rya CCC ritavuga rumwe n’iriri ku butegetsi rishinjwa kugira uruhare mu itegurwa ry’ibikorwa bitemewe birimo no gukora imyivumbagatanyo yabaye mu murwa mukuru wa Harare, aho ngo bafunze imihanda yose, bakanamanikamo ibyapa byamamaza umukandida w’ishyaka ryabo, nta burenganzira babihererwe.

Mu kwezi gushize, abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki Gihugu cya Zimbabwe basabye Komisiyo y’Amatora gufata ingamba zibuza abapolisi kutitambika ibikorwa byabo byo kwiyamamaza kuko ngo Polisi yagiye ihagarika inama zayo nyinshi kuva iri ishyaka ryashingwa muri Mutarama umwaka ushize.

Kugeza ubu Merezida wa Zimbabwe, Emmerson Mnangagwa n’umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi Nelson Chamisa ni bo baza ku mwanya w’imbere mu bahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Zimbabwe mu cyumweru gitaha.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − eleven =

Previous Post

Umusitari uzwi ku Isi yagiye mu Birunga kureba uko umwana w’Ingagi yise izina amerewe

Next Post

Icyemezo gitunguranye cy’Umuvugizi w’Ikipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda

Related Posts

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo gitunguranye cy’Umuvugizi w’Ikipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda

Icyemezo gitunguranye cy’Umuvugizi w’Ikipe ikunzwe kurusha izindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.