Thursday, May 15, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Kevin Mirallas na Jock Stein baravutse, Tiger Woods yararongoye ni nabwo Gasogi United yinjiye icyiciro cya mbere..Ibyaranze uyu munsi

radiotv10by radiotv10
05/10/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Kevin Mirallas na Jock Stein baravutse, Tiger Woods yararongoye ni nabwo Gasogi United yinjiye icyiciro cya mbere..Ibyaranze uyu munsi
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi ni kuwa kabiri tariki ya 05 Ukwakira 2021, ni umunsi wa 278 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 87 ngo umwaka urangire, Turi ku wa kabiri wa 40 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 41 mu byumweru bigize umwaka wa 2021.Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe abarimu. Ni umunsi mpuzamahanga wahariwe imiturire.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Kevin Mirallas (1987)

Arsenal: 5 Reasons To Press For Kevin Mirallas Transfer

Yujuje imyaka 34, umubiligi ukina asatira, Gaziantep FK yo muri Turikiya ariko anakinira ikipe y’igihugu y’u Bubiligi.

Kevin Antonio Joel Gislain Mirallas y Castillo yavukiye i Liège mu Bubiligi, yatangiriye umupira w’amaguru muri Lille na Saint Etienne zo mu Bufaransa mbere y’uko yerekeza muri Olympiacos yo mu Bugeleki, aho yatsinze ibitego 34 mu mikino 52 mu mwaka we wa mbere atsinda ibitego 20 mu mikino 25 mu mwaka we wa kabiri, ibi byatumye agurwa na Everton yo mu Bwongereza, ayikinira imyaka irindwi harimo kumutiza muri Olympiacos na Fiorentina agurishwa muri Royal Antwerp aherutse gutandukana nayo,  muri 2019.

Mu ikipe y’igihugu y’u Bubiligi amaze kuyikinira imikino 60 yayitsindiye ibitego 10.

2.Jock Stein(1922)

We must play as if there are no more games, no more tomorrows…” RIP Jock  Stein, gone but never forgotten

Iyo aza kuba akiriho aba yujuje imyaka 99, umunya-Scotland wahoze akina, anatoza umupira w’amaguru muri Celtics y’iwabo, akaba ariwe mutoza wa mbere w’umwongereza watwaye igikombe cyo ku mugabane w’u Burayi.

Uyu mugabo yahesheje Celtics ibikombe 10 bya shampiyona ,European Cup yo mu 1966-67,umunani by’igihugu n’ibindi.

Ni bande bakoze ubukwe ku munsi nk’uyu?

2004 :Tiger Woods , umunyamerika Kabuhariwe mu mukino wa Golf, ku myaka ye 28 yashakanye n’umunyamideli w’umunya-Suède kazi Elin Nordegren, ubukwe bwabereye mu birwa bya Barbados  Kuri Sandy Lane Resort muri St. James.

Ni bande bitabye Imana ku munsi nk’uyu?

2000 : Cătălin Hîldan, umukinnyi w’umupira w’amaguru w’umunya-Romania yitabye Imana afite imyaka 24 Ku italiki nk’iyi ya Gatanu Ukwakira mu mwaka w’2000.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1887 : Bwa mbere muri Leta zunze ubumwe za Amerika, i Philadelphia hakiniwe irushanwa rya Tennis rikinirwa muri Amerika US open, mu bagore, rikaba ryaregukanywe na Ellen Hansell atsinze Laura Knight amaseti 2-0.

1895: Bwa mbere mu mateka, mu Bwongereza hakiniwe isiganwa ry’amagare, abasiganwa basiganwa n’igihe, isiganwa ryabereye mu majyaruguru y’umujyi wa Londres.

1907: Bwa mbere ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby muri Canada ryateguye shampiyona, Montreal itsinda Toronto,amanota  17-8  mu mukino ufungura.

2013 : Nouvelle Zélande yatsinze Afrika y’Epfo amanota 38-27, yegukana sha y’isi ya Rugby idatsinzwe umukino n’umwe.

47 000 spectateurs espérés pour Nouvelle-Zélande - Australie - L'Équipe

2014: Jules Bianchi, umutwazi w’umufaransa, yakoreye impanuka mu isiganwa ry’utumodoka duto twa Formula one ribera mu Buyapani (Japanese F1 Grand prix), aza kwitaba Imana nyuma y’amezi 10,uru nirwo rupfu rw umukinnyi ari mu isiganwa rwa mbere rwari rubaye nyuma y’imyaka 21, Ayrton Senna apfuye mu 1994.

2019: Mu mukino wayo wa mbere muri shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda, Gasogi United yanganyije na Rayon Sports 0-0.

Gasogi United yakinaga umukino wayo wa mbere muri Shampiyona y’icyiciro cya mbere, yihagazeho igabana amanota na Rayon Sports yari  ifite iki gikombe cya Shampiyona, Gasogi United niyo yari yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri.

11 Gasogi United yabanje mu kibuga:Cuzuzo Gael, Kaneza Augustin, Dusabe Jean Claude, Kazindu Bahatu Guy (c), Kwizera Aimable, Byumvuhore Tresor, Yamini Salum, Ndekwe Felix, Tidiane Kone, Herron Berrian na Manasseh Mutatu.

APR na Gorilla, Rayon Sports yakira Gasogi-Uko amakipe azahura mu matsinda  - Kigali Today

11 Rayon Sports yabanje mu kibuga:Kimenyi Yves, Iradukunda Eric Radou, Rutanga Eric (C), Rugwiro Herve, Iragire Saidi, Commodore Olokwowe, Amran Nshimiyimana, Sidibe Oumar, Iranzi Jean Claude, Yannick Bizimana na Sarpong Michael.

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

AMAVUBI STARS: 23 TEN SPORTS “Urukiko” rubona bakwiye gusigara ku rupapuro rw’abazahura na Uganda Cranes

Next Post

Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Related Posts

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

by radiotv10
14/05/2025
0

Umunya-Brazil Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho yamaze kugeza ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) cyo...

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwihanganishije umufana w’iyi kipe uherutse guhohoterwa n’umwe mu bari bashinzwe umutekano kuri sitade, wamukubise umutego. Bikubiye...

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

by radiotv10
13/05/2025
0

Bamwe mu bakozi b’ikipe ya Rayon Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona, barataka inzara ibarembeje kubera kumara igihe kinini badahembwa,...

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

Urundi rwego mu Rwanda rwinjiye mu by’umusekirite wagaragaye akorera ibigayitse umufana runatangaza ingamba zafashwe

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ryababajwe n’igikorwa cyakozwe n’umwe mu bari bashinzwe umutekano ubwo Rayon Sports yahuraga...

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

Umutoza w’umunyabigwi i Burayi yateye intambwe yo ku rundi rwego

by radiotv10
13/05/2025
0

Umutaliyani Carlo Ancelloti uri gusoza inshingano ze nk'umutoza wa Real Madrid, byamaze kwemezwa n'Ikipe y'Igihugu ya Brazil ko ari we...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

by radiotv10
15/05/2025
0

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

15/05/2025
I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

15/05/2025
Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

Menya umukinnyi wa mbere wakiriwe na Papa mushya Leo XIV

14/05/2025
Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

Hategerejwe igikorwa gishobora kuba amateka mu gushaka umuti w’intambara y’u Burusiya na Ukraine

14/05/2025
Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Milutin Micho yahisemo 25 ba Uganda Cranes bategerejwe i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Gen.Muhoozi yahaye gasopo urwego rwamwandikiye ibaruwa rumuha itegeko ku byo aherutse kwigamba

Umuhanzi w’ikirangirire wari utegerejwe mu Rwanda yahasesekaye yizeza ibitangaza abazitabira igitaramo azaririmbamo

I Rubavu haravugwa itsinda ry’abana b’abakobwa biyise ‘Sunika Simbabara’ rivugwaho ibidakwiye abangavu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.