Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

10 SPORTS: Marcel Desailly na Rafinha baravutse… Bianca Andreescu yakoze amateka…..ibyaranze uyu munsi mu mateka

radiotv10by radiotv10
07/09/2021
in SIPORO
0
10 SPORTS: Marcel Desailly na Rafinha baravutse… Bianca Andreescu yakoze amateka…..ibyaranze uyu munsi mu mateka

Marcel Desailly playing for Chelsea during the FA Community Shield. (Photo by Stephane Mantey/Corbis/VCG via Getty Images)

Share on FacebookShare on Twitter

Kugira ngo tumenye uko dutegura ejo hazaza, muri iyi nkuru tugaruka ku bihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi

Tumenye uyu munsi:

Uyu munsi ni kuwa kabiri w’itariki ya 07 Nzeli 2021, ni umunsi wa 250 mu minsi igize umwaka harabura iminsi 115 ngo umwaka urangire, Turi kuwa kabiri wa  36 kuva 2021 yatangira Turi mu cyumweru cya 37 mu byumweru bigize umwaka wa 2021

Muri Brazil barizihiza imyaka 199 ishize babonye ubwigenge.

Ni bande bavutse ku munsi nk’uyu?

1.Marcel Desailly (1968)

Marcel DESAILLY - Biography of his football career at Chelsea. - Chelsea FC

Yujuje imyaka 53, umufaransa w’umwirabura wakinaga nka myugariro mu makipe atandukanye arimo Marseilles na Milan AC buri imwe yatwaranye nayo UEFA Champions League, yari kumwe kandi n’iki yigihugu y’u Bufaransa batwara igikombe cy’isi cy’1998.

Marcel Desailly yanyuze mu  makipe nka Nantes, Marseille, Chelsea, Al-Gharafa na Qatar SC

Mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, yatwaranye nayo igikombe cy’isi cy’1998, icy’Uburayi cyo muri 2000n’ibikombe bibiri mpuzamigabane (2003 & 2001)

2.Rafinha (1985)

Rafinha extends deal with Barça, goes to Celta on loan

Yujuje imyaka 36, umunya-Brazil ukina ku ruhande rw’iburyo inyuma muri Paris Saint Germain yasinyiye kuri 5 October 2020  yagiyemo avuye  Flamengo y’iwabo muri Brazil n’ikipe y’igihugu ya Brazil.

Yakiniye amakipe atandukanye nka Coritiba, Schalke 04, Genoa, Bayern Munich, Flamengo na Olympiacos

Mu ikipe y’igihugu ya Brazil, amaze kuyikinira imikino ine nta gitego yigeze ayikinira.

3.Robert Snodgrass (1987)

Robert Snodgrass | West Ham United

Yujuje imyaka 34, umunya-Scotland ukina asatira muri Westham United n’ikipe y’igihugu ya Scotland

Yanyuze mu makipe. Nka Leeds yafashije kuzamuka muri 2010, Norwich, Hull City, West Ham United na Aston Villa.

Mu Ikipe y’igihugu ya Scotland, amaze kuyikinira imikino 28 yayitsindiye ibitego 7.

4.Gabriel Milito (1980)

Gabriel Milito - Player profile | Transfermarkt

Yujuje imyaka 41, uwahoze ari myugariro  Wa Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Argentina ubu ni Manager Argentinos Juniors ikipe yashinzwe 1904

Yazamukiye muri Independiente, igihe kinini cy ubuzima bwe mu mupira w’amaguru yakimaze muri Esipanye, mu makipe nka Zaragoza na FC Barcelona.

Mu ikipe y’igihugu ya Argentina yabakiniye imikino 42 abatsindira igitego kimwe.

5.Kevin Love (1988)

Former Cavs assistant coach urges teams to try to acquire Kevin Love |  Cavaliers Nation

Yujuje imyaka 33, umukinnyi wa Basketball w’umunyamerika ukinira Cleveland Cavaliers, muri NBA.

Yinjiye muri NBA atoranyijwe na Memphis Grizzlies muri 2008,yakiniye Minnesota Timberwolves (2008-2014),ayivamo ajya muri Cleveland Cavaliers yanatwaranye nayo NBA ya 2016. Amaze gutoranywa mu ikipe y’intyoza za NBA inshuro eshanu.

Ibihe by’ingenzi byaranze itariki nk’iyi mu mateka y’imikino itandukanye ku isi:

1903 :  Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku mamodoka rya Leta zunze ubumwe za Amerika ryarashinzwe.

1960: Ubuyapani bwegukanye umudali wa zahabu Olempike wa mbere muri itanu yikurikiranya batwaye mu mikino ngororangingo.

1979: ESPN (The Entertainment and Sports Programming Network ) ikigo cy’Itangazamakuru ry’imikino n’imyidagaduro  cyarashinzwe

1985: Hana Mandlíková  yatwaye US open ye ya mbere atsinze Martina Navratilova amaseti 2-1 ( 7-6, 1-6, 7-6)

My Inspiration: Martina Navratilova by Hana Mandlikova

2002: Selena Williams yegukanye US open ye ya kabiri atsinze mukuru we Venus Williams amaseti 2-0 ( 6-4, 6-3)

2019: Bianca Andreescu yabaye umunya- Canada wa mbere utwaye US open, yayitwaye atsinze Serena Williams amaseti 2-0 (6-2, 7-5).

Byateguwe na Esther Fifi Uwizera/RadioTV10 ku bufatanya na DSTV

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Soudan: I Karthum hafatiwe intwaro zari ziturutse muri Ethiopia mu buryo butemewe

Next Post

Rusororo: Umuturage ahamya ko amakimbirane afitanye n’umuyobozi w’umudugudu atuma atabona ubutabera

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusororo: Umuturage ahamya ko amakimbirane afitanye n’umuyobozi w’umudugudu atuma atabona ubutabera

Rusororo: Umuturage ahamya ko amakimbirane afitanye n’umuyobozi w’umudugudu atuma atabona ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.