Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

29/01- 29/04: Nyuma y’amezi atatu yuzuye hatambutse Abacancuro, Ingabo za SADC nazo zanyuze mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/04/2025
in MU RWANDA
0
29/01- 29/04: Nyuma y’amezi atatu yuzuye hatambutse Abacancuro, Ingabo za SADC nazo zanyuze mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo zari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu butumwa bwa SADC (SAMIDRC) zatangiye gutaha nyuma y’amezi atatu hatashye n’abacancuro bakabakaba 300 b’Abanyaburayi na bo bafashaga FARDC, na bo banyuze mu Rwanda.

Izi ngabo zatangiye gutaha kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, ubwo zageraga ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakozwe igikorwa cyo kubanza gusuzumwa ibyangombwa byazo.

Nta makuru menshi yamenyekanye kuri aba basirikare bari mu butumwa bwa SADC bahereweho muri izi ngendo zo kubacyura, gusa imodoka zibatwaye ndetse n’izitwaye ibikoresho byabo, zikaba zagaragaye mu muhanda Rubavu-Kigali.

Amakuru avuga ko uyu munsi hibanzwe ku kujyana ibikoresho, aho ibyagaragaye byari bipfutse ku buryo abantu batamenya ibyatwawe, ndetse hakaba hagiye abasirikare bacye.

Izi ngabo zirakomereza muri Tanzania zikoresheje umupaka wa Rusumo uhuza iki Gihugu n’u Rwanda, aho zizaba zigiye muri Tanzania mbere yo gusubizwa mu Bihugu zaturutsemo.

Izi ngabo zinyujijwe mu Rwanda nyuma yuko ibyari byemejwe ko zizanyura ku Kibuga cy’Indege cya Goma, binaniranye hakemezwa ko zishobora kunyura mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yari iherutse gutangaza ko yakiriye ubusabe bwo korohereza izi ngabo iki Gihugu kikaziha inzira kugira ngo zibashe kubona aho zinyura, ndetse u Rwanda rukaba rwari rwavuze ko bizakorwa mu nzira za kivandimwe.

Amezi atatu yari yuzuye mu Rwanda hanyuze abacancuro barenga 280 bo muri Romania, na bo banyujijwe mu Rwanda, aho na bo bafatanyaga na FARDC mu mirwano iki gisirikare cya Leta ya Congo kirwanamo n’umutwe wa M23.

Aba bacancuro na bo bambukiye ku mupaka munini uhuza u Rwanda na DRC, bo batashye tariki 29 Mutarama 2025, amezi atatu akaba yari yuzuye, aba barwanyi bacyuwe na bo banyujieijwe mu Rwanda.

Baherekejwe n’Ingabo z’u Rwanda
Bimwe mu bikoresho bya SAMIDRC byacyuwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Hatangajwe ingano ya ruswa ikekwa gusabwa n’ukora mu Karere ka Gasabo watawe muri yombi

Next Post

Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

Umuyobozi wo mu Bubligi yibiye ibanga Tshisekedi undi muti uzakemura ibibazo by’Igihugu cye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.