Sunday, August 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Mfite icyizere kandi ndahamya ko mu cyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bahanga mu bukungu mu Rwanda, avuga ko ibiciro ku isoko bigiye kumanuka kuko imbogamizi zatumye bitumbagira zarakuweho, akavuga ko yizeye ko mu gihe cy’icyumweru kimwe ibiciro bizaba byamanutse. 

Hashize iminsi itatu u Rwanda rufunguye imipaka yo ku butaka iruhuza n’ibihugu by’ibituranyi yari imaze imyaka ibiri ifunze kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Icyorezo cya, ni imwe mu ngingo yakomeje gushyirwa mu majwi ko yagize ingaruka zikomye ku isoko, igatuma ibiciro bitumbagira.

Byakunze kuvugwa ko ifungwa ry’imipaka ryatumye ibicuruzwa biba bicye ku isoko nyamara ababikenera bakiri ba bandi bigatuma birushaho guhenda.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe, imipaka yo ku butaka ihuza u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi yafunguwe mu buryo bwuzuye bituma n’abaturage bongera gusohoka mu Gihugu no kikinjiramo.

Umuhanga mu bukungu, Dr. Fidele Mutemberezi, yemeza ko nyuma y’ifungurwa ry’imipaka, ibiciro ku masoko bigiye guhita bigabanuka.

Ati “Bizahita bimanuka niba koko byafunguwe mu buryo busesuye, ibicuruzwa bikaboneka neza, abantu bakajya kurangura i Bugande, muri Tanzanina i Burundi no muri Congo…aho bishoboka hafi bihendutse bikaba nka mbere ya COVID-19.”

Akomeza agita ati “Njyewe mfite icyizere kandi ndahamya ko mu gihe kitari kure cyane rwose kitarenze n’icyumweru kimwe cyangwa bibiri ibiciro bizaba bimanutse.”

Uyu muhanga mu by’ubukungu aratangaza ibi mu gihe hashize igihe gito ibiciro ku masoko birushijeho gutumbagira kubera intambara yo muri Ukraine.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana aherutse gutangaza ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana bisanzwe bituruka mu bihugu birimo iyi ntambara ariko ko hari n’abacuruzi babyuririyeho bakazamura ibiciro by’ibicuruzwa bisanzwe Bihari.

Icyo gihe yatanze urugero rw’imboga rwatsi za dodo zisanzwe zisoromwa mu mirima yo mu Rwanda. Yagize ati “Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 10 =

Previous Post

Rurageretse hagati ya Ndimbati n’umukobwa umushinja kumutera inda abanje kumusindisha bakabyarana impanga

Next Post

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

by radiotv10
09/08/2025
0

Abofisiye 163 n’abafite andi mapeti mu Ngabo z’u Rwanda mu mutwe ushinzwe imyitwarire (Military Police) barangije imyitozo bamazemo ibyumweru bitandatu,...

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

by radiotv10
09/08/2025
0

In the past, relationships often started with a letter, a meeting at church, or being introduced by a friend. Today,...

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
09/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s rich cultural heritage lies a unique, geometric art form known as Imigongo. Imigongo is a...

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

by radiotv10
09/08/2025
0

Algorithm Inc, a regional tech company known for its innovative business software solutions, has launched a groundbreaking new platform called...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
10/08/2025
3

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

09/08/2025
Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

09/08/2025
The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

09/08/2025
Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

Algorithm Inc unveils revolutionary E-commerce platform ‘Ihute’

09/08/2025
Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Uko ikipe y’i Burundi yakiriye ubusabe bwa Rayon yifuza kuzakina uwa gicuti

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Menya ubwoko bw’imyitozo abasirikare ba RDF bungukiye mu myitozo bamazemo iminsi i Gako

Love in the digital age: How Rwandan youth are dating online

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.