Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byateye urujijo: Muhoozi utahaga agahenge Twitter mu kuyikoresha, konti ye ubu ntiriho

radiotv10by radiotv10
12/04/2022
in MU RWANDA
0
Byateye urujijo: Muhoozi utahaga agahenge Twitter mu kuyikoresha, konti ye ubu ntiriho

Gen Muhoozi (Photo/Internet)

Share on FacebookShare on Twitter

Mu minsi ishize yatambukije ubutumwa buvuga ko asezeye mu Gisirikare, nyuma biza kuvugwa ko habayeho kwibeshya ku bagenzura imbuga nkoranyambaga ze. Gen Muhoozi Kainerugaba witegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 48, ubu konti ye kuri Twitter ntiriho.

Ushatse kujya kuri konti y’uyu musirikare ukomeye muri Uganda, bamubwira ko iyi konti itabaho (This account doesn’t exist).

Byashyize benshi mu rujijo niba ari umwanzuro wa Twitter yasibye iyi konti mu buryo bwa burundu cyangwa ari nyiri ubwite ubwe wifatiye icyo cyemezo cyo kuyikiraho.

Ibi byabaye kuva mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere, aho ugiye kuri iyi konti yakurikirwaga n’abantu barenga ibihumbi 543, hazaho ubutumwa bugira buti “Iyi konti ntibaho.”

Gusa bimwe mu binyamakuru bikorera muri Uganda, bitangaza ko Gen Muhoozi ubwe ari we wafashe icyemezo cyo gukuraho iyi konti ku mpamvu zitasobanuwe.

 

Ni ukuyihagarika by’agahe gato cyangwa ni burundu?

Urubuga rwa Twitter rusanzwe rugira amabwiriza y’imikoresheze yarwo, rujya rutanga ibihano ku bayarenzeho nko mu gihe bakwirakwije ubutumwa bushobora gutanga inyigisho mbi nk’ubuhezanguni cyangwa izindi ngengabitekerezo zitaboneye.

Bimwe muri ibyo bihano, harimo guhagarika by’igihe gito konti y’uwo muntu cyangwa kuyikuraho burundu.

Ubusanzwe iyo Konti ya Twitter yabaye ihagaritswe by’igihe runaka, ugiye kuri iyo konti bamubwira ko konti yabaye ihagaritswe ahaba handitse “Account suspended.”

Nanone kandi Twitter ivuga ko umuntu ku bushake bwe ashobora kuba akuyeho konti ye mu gihe abishaka ndetse ko iyo abantu bagiye kuri konti ye haba handitse “This account doesn’t exist” ari na byo biri kwiyandika ku bari kujya kuri konti ya Muhoozi.

Twitter kandi ivuga ko nanone ubutumwa nk’ubu bugaragara kuri konti yahagaritswe burundu mu gihe uru rubuga ruba rwafashe umwanzuro wa nyuma utihanganirwa.

Kuvaho kwa konti ya Twitter ya Muhoozi byazamuye impaka ndende mu Banya-Uganda bakunze gukoresha uru rubuga nkoranyambaga aho ubu benshi ari yo ngingo bari kuvugaho.

Bamwe bari kwibaza icyabaye kugira ngo konti y’uyu mugabo ibe yavuyeho, mu gihe abamushyigikiye bari kuvuga ko niba ari na Twitter yafashe icyo cyemezo, bitazababuza kumushyigikira.

Gen Muhoozi ukunze gukoresha urubuga rwa Twitter dore ko byari binagoye kurara atagize ubutumwa ashyira kuri Twitter, iyi konti ye ivuyeho mu gihe habura ibyumweru bibiri ngo yizihize isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 48 izaba tariki 24 Mata 2022.

Mu minsi ishize yari aherutse gukora urutonde rw’abantu 30 bari gutegura ibirori by’iyi sabukuru ye.

Muhoozi wari umaze iminsi anagaruka kuri Perezida Pauk Kagame yita Se wabo, yari yanavuze ko we na Perezida Uhuru Kenyatta badashobora kubura mu bantu azatumira muri iyi sabukuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 19 =

Previous Post

Kwibuka28: Papa Cyangwe, Juno Kizigenza, Ish Kevin, Bushali…Abahanzi bakibyiruka basuye ku Gisozi

Next Post

Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

Ni gute uwishe abantu we bajya kumwica akinyarira?-E.Nkuranga avuga ku bajenosideri barasiwe Gikongoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.