Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka maremare, ni inshuti kuva cyera- Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yavuze ko ari iby’agaciro kuba mugenzi we Perezida Paul Kagame yaje mu birori by’isabukuru ya Muhoozi Kainerugaba, avuga ko ubucuti bwabo [Kagame na Muhoozi] ari ubwa cyera.

Perezida Yoweri Museveni yabitangaje nyuma y’uko yakiriye Perezida Paul Kagame mu biro bye ndetse no ku meza ubwo hizihizwaga isabukuru ya Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Mu butumwa bwe, Museveni yavuze ko ashimira byimazeyo Perezida Paul Kagame kuba yaragendereye Uganda.

Yagize ati “Twishimiye kuba yaritabiriye ubutumire bwa Lt Gen Muhoozi akanaza. Perezida Kagame na Muhoozi bafitanye amateka bahuriyeho maremare. Ni inshuti kuva cyera.”

Muhoozi ubwo aheruka kugirira uruzinduko mu Rwanda, yakiriwe na Perezida Paul Kagame mu rwuri rwe, anamugabira Inka z’Inyambo ziherutse no gutaha muri Uganda.

Museveni yaboneyeho gushimira umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, aboneraho kugira inama abandi babyeyi icyabafasha kurera abana babo bakazavamo abagabo.

Yagize ati “Mwumve abakiri bato, mubahe ibitekerezo ariko ntimukabakange. Ibyo ni byo nkorera abana banjye, namwe mushobora kubikorera abanyu.”

Lt Gen Muhoozi wizihije isabukuru y’imyaka 48 y’amavuko, amaze iminsi agaragara mu mirimo y’Igihugu cye akaba yaranagize uruhare mu bikorwa byo kuzahura umubano wa Uganda n’u Rwanda wari umaze igihe wifashe nabi.

Uyu musirikare usanzwe ari n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda zirwanira ku Butaka, yagiriye uruzinduko mu Rwanda inshuro ebyiri aho ku nshuro ya mbere yavaga mu Rwanda ari nabwo hatangiye kugaragara ibimenyetso byo kuzahura uyu mubano kuko Guverinoma y’u Rwanda yahise itangaza ifungurwa ry’Umupaka wa Gatuna.

 

Museveni yahishuye uko Kagame yamutabye n’umuryango we

Mu butumwa bwa Museveni agaruka ku mateka maremare ari hagati ya Perezida Kagame na Muhoozi, yavuze ko ubwo uyu muhungu yari afite imyaka itanu (5) we (Museveni) n’umuryango we batabwaga muri yombi n’umutwe wa UPC washinzwe na Milton Obote.

Ati “Bari bafite umugambi wo kutwica ariko ingabo zacu zari kumwe na Kagame na Sale baradutabaye.”

Yakomeje avuga ko atazi ingaruka zagize kuri Muhoozi kubera iki gikorwa cyamubayeho akiri muto akaba imfungwa y’intambara, icyakora ashimira Madamu Janet Museveni wamureze ndetse n’abavandimwe be bakabasha kuva muri ibyo bihe bikomeye barimo mu buhunzi.

Museveni yagarutse kuri amwe mu mateka y’umuhungu we Muhoozi wabonye izuba tariki 24 Mata 1974 akavukira mu kace kitwa Kurasini muri Dar es Salam muri Tanzania ako kanya Janet agahita amujyana ku bitaro.

Yavuze ko Muhoozi ari impano idasanzwe kuko yatangiye gukamirika igisirikare akiri muto aho yagitangiye ari Kadogo ariko agaragaza ishyaka rikomeye mu gisirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Perezida Kagame yashimiye Macron amumenyesha ko kuba yongeye gutorwa bifite icyo bigaragaza

Next Post

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Related Posts

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, aherutse kuburanishwa mu mizi ku byaha aregwa bishingiye ku ihohotera akekwaho gukorera umugore we...

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

by radiotv10
17/09/2025
0

Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS) rwasinyanye amasezerano y’imikoranire n’urundi nkarwo rwo muri Maroc, yitezweho gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye...

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Umuhanga mu bijyanye n’imyuka ihumanya ikirere, atangaza ko mu Mujyi wa Kigali, ari ho haturuka iyi myuka kurusha ahandi hose...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

IZIHERUKA

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko
MU RWANDA

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

by radiotv10
17/09/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

17/09/2025
Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

Hemejwe inyito y’ibyaha Abayobozi ba Israel bakoreye muri Gaza

17/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Ndimbati yagarutse mu Rukiko arusaba ikintu gikomeye cyerekeye abana yabyaranye n’uwatumye afungwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Iby’ingenzi mu masezerano hagati y’u Rwanda na Maroc mu bijyanye n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.