Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byakoze benshi ku mutima: Perezida Kagame yahoberanye n’umwana mu Biryogo (IFOTO)

radiotv10by radiotv10
02/05/2022
in MU RWANDA
0
Byakoze benshi ku mutima: Perezida Kagame yahoberanye n’umwana mu Biryogo (IFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Ifoto ikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, ni igaragaza Perezida Paul Kagame aramukanya n’umwana ubwo kuri iki Cyumweru yitabiraga Siporo rusange.

Iyi foto yafashwe kuri iki Cyumweru tariki 01 Gicurasi 2022, ubwo Perezida Paul Kagame yifatanyaga n’abatuye mu Mujyi wa Kigali muri siporo rusange izwi nka Car Free Day.

Muri iyi siporo rusange, Perezida Paul Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, bagenze mu mihanda yo muri Nyarugenge berecyeza mu gace ko mu Biryogo gaherutse kugirwa Car Free Zonze.

Muri urwo rugendo, Umukuru w’Igihugu yagiye ahura n’abaturage barimo abajyaga gusenga, arabaramutsa na bo ari ko bamuramutsa bamwishimiye cyane, bakanyuzamo bakamuvugiriza impundu.

Bamwe mu bo yahuye, bagiranye ikiganiro gito, ibisanzwe mu muco nyarwanda ko abahuye babanza kuramukanya no kuvuganaho, Perezida Kagame yagize ati “Muraho! Muraho neza!”, abaturage basubiriza icya rimwe bari “Muraho!”

Hari n’abo Perezida Kagame yabajije ati “Mugiye gusenga?” bamusubiza bagira bati “Yego.” Ahita agira ati “Mugire icyumweru cyiza.” Na bo bamusubiza bagira bati “Namwe.”

Ibyishimo by’abaturage byaje kuba akarusho ubwo Perezida Kagame yageraga mu Biryogo aha haherutse kugirwa Car Free Zone, abaturage bamwakirana ubwuzu, abagabo bakoma amashyi, abagore na bo bavuza impundu.

Aha mu Biryogo ni ho umwana muto uri mu kigero cy’imyaka itandatu yabonye Perezida Kagame yifuza kumuramutsa, na we aramwemerera barahoberana.

Iyi foto yafashwe kuri uyu munsi, ikomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bagenda bagaragaza ko Perezida Kagame ari umubyeyi w’Igihugu kubera uburyo akunda Abanyarwanda.

Umunyamakuru Ingabire Egidie Bibio wifashishije amashusho agaragaza Perezida Paul Kagame ahoberana n’uyu mwana, yagize ati “Umwana ni umutware.”

#DearSurvivor I hope this picture reminds you of how far you've come and that it brings you hope and warmth during these days. Keep going, you are loved❤️
I smile, hoping that you do too.#Rwot #Pictureoftheday#RwandaNziza pic.twitter.com/BSyQhrVQke

— Lara Tesi (@lara_tesi) May 1, 2022

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Ni bo ubwabo biyuburiye umubano- Muhoozi avuga kuri Perezida Kagame na Museveni

Next Post

Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Musanze: Babiri baregwaga kwica umusore wari urangije ayisumbuye bakamuta mu musarani bakatiwe burundu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.