Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup, Ishimwe Dieudonne (Prince Kid) witabye Urukiko kugira ngo aburanishwe ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ntiyabashije kuburana kubera imbogamizi zagaragajwe n’umwunganira mu mategeko.

Prince Kid wagejewe ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Murenge wa Kagarama, yari yambaye isuti y’ubururu bwijimye n’ishati yerurutse ndetse n’inkweto z’umukara, yambaye amapingu ku maboko.

Kuri uru rukiko, hari harindiwe umutekano mu buryo budasanwe ndetse n’uyu musore ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina acungiwe umutekano cyane.

Prince Kid winjiye mu cyumba cy’urukiko atari kumwe n’umwunganira mu mategeko, yasomewe umwirondoro we, ndetse yemera ko ari wo ndetse n’ibyaha akurikiranyweho.

Akekwaho ibyaha bitatu; gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Uregwa yabajijwe niba aburana atunganiwe, avuga ko afite umunyamategeko ariko ko atabonetse mu rukiko.

Urukiko rwahise rusaba ko umunyamategeko wunganira Prince Kid abazwa kuri telefone niba ari bwitabire iburanisha ndetse mu gihe kitarambiranye aba arahasesekaye.

Uyu munyamategeko witwa Me Nyembo Emelyne yabwiye Umucamanza ko nubwo yari azi ko iburanisha riteganyijwe uyu munsi ariko atari afite amakuru ahagije nk’isaha rigomba kuberaho.

Yagaragaje izindi mpungenge zo kuba ibikubiye mu myanzuro y’Ubushinjacyaha ari ibyavugiwe mu Bugenzacyaha kandi uruhande rw’uregwa rukaba rutabifite bityo ko bakeneye umwanya wo kusuzuma.

Uyu munyametegeko yavuze ko bakeneye umwanya wo kubisuzuma kabone nubwo waba umunsi umwe.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya, buvuga ko ibisabwa n’uruhande rw’uregwa ari uburenganzira bwabo bemererwa n’amategeko.

Urukiko rukimara kumva ibyatangajwe n’impande zombi, rwahise rwanzura ko iburanisha ryimurirwa ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Next Post

Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Related Posts

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Umuhanzikazi Knowless yifurije isabukuru nziza umugabo we Ishimwe Clement, akoresheje amagambo aryohereye, amushimira uburyo yamubereye uw’agaciro gakomeye mu buzima bwe....

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda RAB, cyagaragarije abatunze imbwa ibyo bagomba kubahiriza, aho buri wese uyitunze agomba kubimenyesha...

Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

by radiotv10
01/09/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba na Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, yagaragaje ku mu mwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025, imanza zirenga ibihumbi 15...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

by radiotv10
01/09/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere ‘Meteo Rwanda’ cyatangaje ko imvura iteganyijwe mu kwezi kwa Nzeri uyu mwaka, iri hejuru y’ikigero...

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

Rusizi: Baranenga World Vision gutererana umwana wagonzwe n’imodoka yayo akabura uwamukurikirana

by radiotv10
01/09/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Gakoni mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi baratabariza umwana w’imyaka 9 umaze imyaka...

IZIHERUKA

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

by radiotv10
01/09/2025
0

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

01/09/2025
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

01/09/2025
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-AFC/M23 warns DRC Government, issues ultimatum to FARDC, FDLR, and allied forces

01/09/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yongeye kwihanangiriza Ubutegetsi bwa Congo iha integuza FARDC, FDLR n’abacancuro

01/09/2025
Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

Hagaragajwe igipimo cy’imvura iteganyijwe mu Rwanda mu kwa 09 hanatangwa ubujyanama

01/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Knowless yageneye umugabo we Clement ku isabukuru ye

Hagaragajwe ibisabwa abatunze imbwa mu Rwanda birimo ibitamenyerewe cyane

Hatangajwe umubare w’imanza zaciwe nk’Inkiko z’u Rwanda n’izakemuwe hakoreshejwe ubuhuza n’ubwumvikane

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.