Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in IMYIDAGADURO, MU RWANDA
0
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup, Ishimwe Dieudonne (Prince Kid) witabye Urukiko kugira ngo aburanishwe ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ntiyabashije kuburana kubera imbogamizi zagaragajwe n’umwunganira mu mategeko.

Prince Kid wagejewe ku cyicaro cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Murenge wa Kagarama, yari yambaye isuti y’ubururu bwijimye n’ishati yerurutse ndetse n’inkweto z’umukara, yambaye amapingu ku maboko.

Kuri uru rukiko, hari harindiwe umutekano mu buryo budasanwe ndetse n’uyu musore ukekwaho ibyaha bifitanye isano n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina acungiwe umutekano cyane.

Prince Kid winjiye mu cyumba cy’urukiko atari kumwe n’umwunganira mu mategeko, yasomewe umwirondoro we, ndetse yemera ko ari wo ndetse n’ibyaha akurikiranyweho.

Akekwaho ibyaha bitatu; gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Uregwa yabajijwe niba aburana atunganiwe, avuga ko afite umunyamategeko ariko ko atabonetse mu rukiko.

Urukiko rwahise rusaba ko umunyamategeko wunganira Prince Kid abazwa kuri telefone niba ari bwitabire iburanisha ndetse mu gihe kitarambiranye aba arahasesekaye.

Uyu munyamategeko witwa Me Nyembo Emelyne yabwiye Umucamanza ko nubwo yari azi ko iburanisha riteganyijwe uyu munsi ariko atari afite amakuru ahagije nk’isaha rigomba kuberaho.

Yagaragaje izindi mpungenge zo kuba ibikubiye mu myanzuro y’Ubushinjacyaha ari ibyavugiwe mu Bugenzacyaha kandi uruhande rw’uregwa rukaba rutabifite bityo ko bakeneye umwanya wo kusuzuma.

Uyu munyametegeko yavuze ko bakeneye umwanya wo kubisuzuma kabone nubwo waba umunsi umwe.

Ubushinjacyaha bwahawe umwanya, buvuga ko ibisabwa n’uruhande rw’uregwa ari uburenganzira bwabo bemererwa n’amategeko.

Urukiko rukimara kumva ibyatangajwe n’impande zombi, rwahise rwanzura ko iburanisha ryimurirwa ku wa Gatanu tariki 13 Gicurasi 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nine =

Previous Post

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Next Post

Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Karongi: Umunyeshuri wari wajyanye na bagenzi be koga yarohamye mu Kivu arapfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.