• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11

radiotv10by radiotv10
13/05/2022
in MU RWANDA
0
Abasore b’ibigango bagaragaye bakubitira umuntu mu muhanda agasa nk’uhwereye bakatiwe imyaka 11
Share on FacebookShare on Twitter

Abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bakubitira umuntu mu muhanda mu Mujyi wa Kigali, bakatiwe igifungo cy’imyaka 11 n’amezi 6.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije uru rubanza rwaregwamo abantu bane, rwasomye umwanzuro warwo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gicurasi 2022.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera bakatiwe gufungwa imyaka 11 n’amezi atandatu, bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga bari gukubitira umugabo mu muhanda agasa nk’uhwereye.

Enoch Aaron wakibiswe n’aba bantu usanzwe ari umuyobozi wa Neptunez Band, ubwo yashyiraga aya mashusho ku mbuga nkoranyambaga mu ntangiro z’ukwezi gushize, yabazaga RIB ikibura ngo aba bantu bamuhemukiye babiryozwe.

Soteri Junior Gatera Kagame na Nkuranga Alex Karemera kandi bahamijwe icyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kubera imodoka y’uyu Enoch bangije.

Uretse iki gihano cyo gufungwa bakatiwe, aba bombi basabwe gutanga indishyi ya Miliyoni 1,5 Frw kubera ubumuga bateye uwo bakubise ndetse n’ibihumbi 500 Frw yishyuye umunyamategeko wamuburaniye ndetse n’andi ibihumbi 500 Frw yakoresheje mu bikorwa byo kwivuza.

Muri uru rubanza kandi haregwagamo Uwera Kevine na Mutabazi Robert bo baregwaga gukoresha ibiyobyabwenge ndetse bakaba babihamiwe n’Urukiko rwabakatiye gufungwa umwaka umwe.

Kuri uyu Kevine we yasubikiwe amezi icyenda kuko yagaragarije urukiko ko atwite.

Mu iburanisha, umwe muri aba basore, ari we Nkuranga Alex Karemera yaburanye yemera bimwe mu byaha nko gukubita ndetse no gukoresha ibiyobyabwenge, anabwira Urukiko ko yasabye imbaazi Enoch wakubiswe.

Mugenzi we witwa Gatera we yahakanye icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ngo kuko nta kimenyetso kibyerekana, gusa akemera icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa Enoch cyabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali ubwo aba basore bahuraga n’uyu mushoramari, bakamuhohotera basinze ndetse amakuru yaje kumenyekana ko batari basanzwe baziranye cyangwa hari ikindi bapfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − six =

Previous Post

UPDF na RDF bakomeje guhamya ubumwe: Muhoozi yakiriye Nyakarundi ushinzwe iperereza

Next Post

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Umukobwa wapfuye ku munsi ubanziriza ‘Graduation’ ye muri IPRC rwashenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.