• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
AMAFOTO: Amavubi yitegura Sadio Mane yatangiye imyitozo
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe y’Igihugu, Amavubi yitegura gucakirana n’amakipe y’Ibihugu birimo Senegal ya Sadio Mane mu gushaka itike yerecyeza mu Gikombe cya Afurika, yatangiye imyitozo.

Iyi myitozo yabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ibaye nyuma y’amasaha macye abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bakina imbere mu Gihugu ndetse n’abatoza babo berecyeje mu mwiherero.

Ni imyitozi yatangiranye n’abasore b’Ikipe y’Igihugu biganjemo abakina mu Rwanda uretse Bizimana Djihad usanzwe akina mu Bubiligi ariko wari umaze iminsi ari mu Rwanda aho yaninjiranye na bagenzi be mu mwiherero.

Umunya-Espagne, Carlos Alos Ferrer uherutse kugirwa umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu, ni we watangije iyi myitozo akaba ari na yo ya mbere akoresheje.

Carlos Alos Ferrer wari kumwe n’abandi batoza baherutse kongerwa mu ikipe y’Igihugu, batangiye baha imyitozi yo kwishyushya abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu.

Mutsinzi Ange Jimmy na we wahamagawe usanzwe akina hanze akaba yanabaye uwa mbere ubimburiye abandi bakina hanze, yasanze ikipe y’Igihugu aho yakoreraga imyitozo, na we ahabwa ikaze.

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, izatangira icakirana n’iya Mozambique tariki 02 Kamena 2022 mu mukino uzabera muri Afurika y’Epfo, naho tariki indwi Kamena yakire Senegal ya Sadio Mane i Huye.

Mutsinzi Ange yabasanzeyo ahabwa ikaze

Photos © FERWAFA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 16 =

Previous Post

Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga wa DRC yakoresheje amagambo aremereye ashinja u Rwanda gufasha M23

Next Post

Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Prince Kid wamaze kwambara iroza no mu bujurire yaburanishijwe mu muhezo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.