Friday, October 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film

radiotv10by radiotv10
26/05/2022
in IMYIDAGADURO
0
Arafunze ariko impano iracyahari: Ndimbati muri Gereza yakinnye umukino usa na Film
Share on FacebookShare on Twitter

Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati mu mwuga wo gukira film, ubu akaba akurikiranyweho gusambanya umwana, aho afungiye muri Gereza ya Nyarugenge, yagaragaye akina ikinamico itanga inyigisho.

Ndimbati wafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 tariki 28 Werurwe 2022, agiye kuzuza amezi abiri afatiwe iki cyemezo yajuririye ariko na bwo ubujurire bwe bugateshwa agaciro n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Ndimbati ufungiye muri Gereza ya Nyarugenge aho ategereje kuburana mu mizi ku cyaha cyo gusambanya umwana utarageza imyaka y’ubukure akanamutera inda, muri iyi Gereza ni na ho yagaragariye akina iyi kinamico.

Uyu mukino yakinnye ubwo habaga umuhango wo gusoza amasomo y’imyuga yahabwaga zimwe mu mfungwa n’abagororwa barenga 600 bamaze amezi atandatu bigishwa imyunga.

Uyu mukino Ndimbati yagaragayemo akina nk’uko yari asanzwe amenyerewe mu gukina film n’amakinamico, wagaragazaga uburyo imfungwa n’abagororwa bashobora kunguka ubumenyi muri aya masomo kandi bukazabafasha kwiteza imbere igihe bazaba barangije ibihano byabo.

Muri uyu mukino Ndimbati yanagizemo uruhare mu kuwandika, hari aho aba yitwa Tawuneri, aho yitaba umuntu kuri telefone, agatungurwa n’amakuru bamubwiye.

Aho akina agira ati “Ngo bavuye mu ishuri, ngo yabaye indaya! Oya ntabwo bishobora, ngo ni we usigaye ucuruza urumogi. Oya ntabwo bishoboka.”

Nyuma y’uyu muhango Ndimbati yakiniyemo uyu mukino, yagize icyo abwira abanyamakuru ku buzima abayemo aho afungiye muri Gereza, aho yavuze ko bimwe mu byo akunze gukora ari siporo ubundi akigisha abafungwa bagenzi be gukina amakinamico na film.

Ndimbati yakinnye umukino muri Film asetsa benshi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − two =

Previous Post

Rubavu: Hangijwe ibiyobyabwenge na mukorogo bifite agaciro ka Miliyoni hafi 800Frw

Next Post

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

Related Posts

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

by radiotv10
17/10/2025
0

Umuhanzi Kitoko Bibarwa wari umaze imyaka 12 atuye ku Mugabane w’u Burayi, yemeje ko mu kwezi gutaha azagaruka mu Rwanda...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

by radiotv10
17/10/2025
0

Umukinnyikazi wa Filimi uzwi mu Rwanda, Alliah Cool yongeye kwikoma umunyamakuru wagize icyo avuga ku modoka ye ifite plaque yo...

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma yuko umukinnyi wa filimi, Alliah Cool agaragaje imodoka aherutse kugura, yabaye nk’uterana amagambo n’umunyamakuru umwe mu Rwanda wayitanzeho igitekerezo...

Uwabikoze n’uburozi yabumpa- T.Bosebabireba yaturitse ararira avuga ku ifoto yateje sakwesakwe

Nyuma yuko umuhanzi ‘Theo Bosebabireba’ atakambiye abantu ku kibazo kimuremereye hari icyatangiye gukorwa

by radiotv10
15/10/2025
0

Umuririmbyi Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ uherutse kugaragaza agahinda ko kuremererwa n’uburwayi bw’umugore we urembye kandi ubushobozi bwaramushiranye, yatangaje...

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

Abahanzikazi bagezweho muri Gospel Nyarwanda Vestine&Dorcas buriye indege berecyeje hanze

by radiotv10
13/10/2025
0

Abahanzikazi Vestine na Dorcas basanzwe ari abavandimwe baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Nyagasani, buriye rutemikirere berecyeje muri Canada mu...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu
MU RWANDA

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
17/10/2025
0

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

17/10/2025
Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

17/10/2025
Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

17/10/2025
Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

Sadate yaciye bugufi asaba imbabazi ku byo yavuze ku Banyekongo n’Abarundi bikazamura impaka

17/10/2025
Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry’agatangaza

Umwana ucuruza agataro anasubiramo amasomo yatangiye gusekerwa n’amahirwe ubu yabonye ishuri ry'agatangaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Ubutumwa bwa Kapiteni w’Ikipe y’u Rwanda nyuma y’umusaruro utarishimiwe

Bidasubirwaho umuhanzi wakanyujijeho umaze imyaka 12 hanze yatangaje igihe azagarukira gutura mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.