Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
14/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku baryamana bahuje ibitsina bashobora kuzava mu Bwongereza
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yamaze impungenge abatekereza ko abaryamana n’abo bahuje ibitsina bashobora kuba bari mu bimukira bazaturuka mu Bwongereza, bazabangamirwa igihe bazaba bageze mu Rwanda, ishimangira ko n’ubusanzwe aba bantu atari ikibazo ku Rwanda.

Harabura amasaha macye ngo abimukira n’abashaka ubuhungiro ba mbere bazaturuka mu Bwongereza, bagere mu Rwanda.

Ibyibazwa byakomeje kuba byinshi kuri uyu gahunda yahuye n’abayamagana batari bacye, birimo n’abibazaga ku bashobora kuzaba baryamana n’abo bahuje ibitsina, byavuzwe ko bashobora kuzabangamirwa ubwo bazaba bageze mu Rwanda.

Mu kiganiro n’Itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Kamena 2022, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko ubusanzwe amategeko yo mu Rwanda aha uburenganzira abantu bose hadashingiwe ku myemerere n’imigirire byabo.

Alain Mukuralinda uvuga ko mu Rwanda nta vangura iryo ari ryo ryose rishobora kubaho, yavuze ko abafite izi mpungenge, bashobora no guhabwa igisubizo n’ibyigeze gutangazwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame muri Rwanda Day yabereye i San Francisco muri Leta Zunze Ubumwe za America, tariki 24 Nzeri 2016.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yagize ati “Umuryango w’ababana bahuje igitsina (LGBT) ntiwigeze uba ikibazo cyacu, ndetse ntitunateganya kubigira ikibazo. Turacyari guhangana nibibazo bitandukanye, nkuko nabivuze haruguru, buri muntu wese agomba kwisangamo agatanga umusanzu we. Nkuko nabivuze, buri wese akaberaho mugenzi we, tugafashanya kandi buri wese akabaho yisanzuye…

Nkuko nabivuze, LGBT (Ababana bahuje igitsina) ko batigeze baba ikibazo kuri twe, nange sinshaka kubigira ikibazo.”

Muri iki kiganiro n’Itangazamakuru cyo kuri uyu wa Kabiri, Alain Mukuralinda yavuze ko ibi byatangajwe n’Umukuru w’u Rwanda bitanga umurongo w’aho u Rwanda ruhagaze kuri iyi ngingo, kandi ko ari na wo u Rwanda rugihagazemo.

Ati “Ndumva ibyo bisobanutse. Bivuzwe n’Umukuru w’Igihugu ariko bisanzwe no mu mategeko birimo, nta tegeko rivangura. Nta mpungenge rero ngo ni uko abantu baba babana bahuje ibitsina bari bakwiye kugira.”

Iki kiganiro cyarimo n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, cyanatangarijwemo ko indege izazana abimukira n’impunzi baturutse mu Bwongereza, izagera i Kigali mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 2 =

Previous Post

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Next Post

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Hamenyekanye icyatumye indege yagombaga kuvana abimukira mu Bwongereza ihagarikwa ku munota wa nyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.