Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe

radiotv10by radiotv10
17/08/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Amafaranga yose ari mu mabanki yavuye kuri Miliyari 4.600 agera kuri Miliyari 5.400Frw mu mwaka umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’Igihugu itangaza ko umutungo wose w’amabanki mu Rwanda wiyongereyeho 18,8% kuko wavuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021 ugera kuri Miliyari 5 492 Frw muri Kamena 2022.

Byatangajwe na Banki Nkuru y’u Rwanda nyuma y’inama ngarukagihembwe ya komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari yateranye mu cyumweru gishize tariki 09 Kanama 2022.

Iyi nama yagaragaje ko umutungo bwite w’urwego rw’Imari wazamutse ku kigero cya 17%, uva kuri Miliyari 6 914 Frw wariho muri Kamena 2021, ugera kuri Miliyari 8 102 Frw muri Kamena 2022.

Banki Nkuru y’u Rwanda kandi ivuga ko no mu rwego rw’amabanki, umutungo wose wiyongereyeho 18,8% aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 5 492 Frw uvuye kuri Miliyari 4 624 Frw wariho muri Kamena 2021.

Iyi Banki ikuriye izindi mu Rwanda ikomeza igaragaza icyatumye uyu mutungo w’urwego rw’amabanki uzamuka, iti “Iri zamuka ry’umutungo bwite mu rwego rw’amabanki ryatewe ahanini n’ukwiyongera kw’amafaranga abitswa n’abakiliya yazamutse ku kigero cya 19% naho imari shingiro yiyongeraho 15%.”

Iyi komite ishinzwe kubungabunga ubudahangarwa bw’urwego rw’Imari ivuga kandi ko umutungo wose mu bigo by’imari iciriritse bigenzurwa na BNR wazamutse ku kigero cya 23 % kuko wavuye kuri Miliyari 386 Frw wariho muri Kamena 2021 ukagera kuri Miliyari 473 Frw muri Kamena 2022.

No mu rwego rw’ibigo by’ubwishingizi, umutungo bwite wazamutse ku kigero cya 17 % aho muri Kamena 2022 wageze kuri Miliyari 748 Frw uvuye kuri Miliyari 638 Frw wariho muri Kamena 2021.

Ubuyobozi bwa BNR bugira buti “Ukwiyongera k’umutungo bwite w’urwego rw’imari bigaragaza uruhare rukomeye uru rwego rukomeza kugira ku izamuka n’iterambere ry’ubukungu bigaragazwa n’ijanisha ry’umutungo wose w’urwego rw’imari rigeze kuri 70,9% by’umusaruro mbumbe w’Igihugu ugereranyije na 40% ryariho mu myaka icumi ishize.”

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko ingorane ku rwego rw’imari zagabanutse ariko ko ibyaruhungabanya bigihari, itangaza ko muri Kamena 2022 inguzanyo zitishyurwa neza mu rwego rw’amabanki no mu bigo by’imari iciriritse zageze kuri Miliyari 166 Frw zivuye kuri miliyari 179 Frw zariho muri Kamena 2021.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umujenerali wari ukomeye muri FARDC yapfuye urupfu rutunguranye

Next Post

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Rusizi: Matela bahawe zarashaje none barara ku mashara, ubuyobozi buti “ntitwabasasira buri mwaka”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.