Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo

radiotv10by radiotv10
07/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Umunyapolitiki yavuze ko Congo iganiriye n’u Rwanda na Uganda yasohoka mu bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe akaba na Perezida w’Ishyaka UNC, yavuze ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wava mu biganiro iki Gihugu cyagirana n’u Rwanda na Uganda.

Byatangajwe n’Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri UNC akaba n’umuvugizi wa Kamerhe, Michel Moto mu itangazo yashyize hanze rigaruka kuri gahunda y’uyu munyapolitiki avuga ko igamije gutanga umusanzu mu gutuma uburasirazuba bwa Congo busohoka mu bibazo by’umutekano mucye byabaye akarande.

Yatangaje ko Vital Kamerhe abona igikenewe cy’ibanze ari ibiganiro byahuza Ibihugu birebwa na biriya bibazo ari byo, Congo, u Rwanda na Uganda.

Itangazo ry’umuyobozi ushinzwe itumanaho mu ishyaka UNC, Michel Moto rigaragaza ibyifuzo bya Vital Kamerhe, rivuga ko icyatuma umutwe wa M23 udakomeza kuba ikibazo ari uko habaho ibyo biganiro byo gutuma Ibihugu by’ibituranyi bya Congo, bitayivogera ahubwo bikabana mu mahoro.

Yavuze kandi ko imiryango yo mu karere na yo ikwiye guhuza imbaraga mu gushaka umuti wa biriya bibazo kuko kugira ngo amahoro aboneke mu karere bisaba ko Ibihugu byose bibana mu mahoro kandi bikubaha ubusugire bw’ibituranyi byabyo.

Yanagarutse kandi ku cyifuzo cy’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres ndetse n’inama iherutse guhuza Abakuru b’Ibihigu bitatu; u Bufaransa, u Rwanda na Congo byabaye ubwo habaga inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu muvugizi wa UNC, yanagaragaje ko Vital Kamerhe anashima ibyatangajwe n’u Bushinwa bwasabye umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi no kuyoboka inzira y’ibiganiro, ndetse ko ari na byo byifuzwa na Vital Kamerhe.

Ati “Perezida wa UNC arasaba ko habaho inzira n’uburyo bufatika byo kugarura amahoro arambye.”

Uyu muvugizi kandi yakomeje avuga ko mu rugendo rwiswe ‘TOURNÉE AMANI’ Vital Kamerhe aherutse kugirira mu bice binyuranye, yaganiriye n’abaturage ku ngingo zinyuranye zirebana n’imibereho na politiki n’ubukungu mu Ntara yasuye.

Yavuze ko Vital Kamerhe yasabye abayobozi bo mu nzego z’ibanze gutega amatwi abaturage bayoboye ndetse no gukorana bya hafi n’abanyamadini.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 13 =

Previous Post

Perezida Kagame yahagaritse umuyobozi wungirije wa RDB kubera ibidakwiye yakomeje kugaragaza

Next Post

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Rwatubyaye ashyize ukuri hanze ku byavuzwe ko yakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.