• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Muhoozi yamaze kwambara ipeti risumba ayandi aherutse guhabwa na Se Museveni

radiotv10by radiotv10
10/10/2022
in MU RWANDA
0
AMAFOTO: Muhoozi yamaze kwambara ipeti risumba ayandi aherutse guhabwa na Se Museveni
Share on FacebookShare on Twitter

General Muhoozi Kainerugaba uherutse kuzamurwa mu mapeti agahabwa ipeti rya General, yambitswe izi mpeta za Gisirikare mu muhango wakozwe n’umugore we ndetse na Se wabo General Salim Saleh.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022, nyuma y’icyumweru kimwe ahawe ipeti rya General avuye ku rya Lieutenant General.

General Muhoozi Kainerugaba yahawe ipeti rya General ariko yamburwa inshingano zo kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, umwanya yari amazeho umwaka.

Kuzamurwa mu mapeti kwa Muhoozi Kainerugaba kwaje gukurikira ubutumwa yatangaje butavuzweho rumwe, bwafashwe nko kwibasira Kenya, aho yavuze ko we n’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bafata Kenya mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za Uganda, yashyize hanze itangazo asaba imbabazi Abanyakenya ku byatangajwe n’uyu musirikare ukomeye muri Uganda, avuga ko bitari bikwiye.

Museveni kandi yanagarutse ku cyatumye azamura uyu muhungu we Muhoozi mu mapeti nyuma yo kwibasira Kenya, agira ati “Nubwo bimeze gutyo, hari n’undi musanzu mwiza munini yatanze mu rwego rwa Leta kandi agikomeje gutanga.”

Umuhango wo kumwambika iri peti wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 10 Ukwakira 2022, wakozwe na General Salim Saleh usanzwe ari Se wabo (Umuvandimwe wa Museveni) ndetse n’umugore wa Muhoozi, Charlotte Nankunda Kutesa.

Iki gikorwa cyakozwe na Se wabo General Salim Saleh ndetse n’umugore wa Muhoozi

Ubu ni General wuzuye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + eight =

Previous Post

Umunyamakuru wahinduriwe ubuzima n’amashusho ari kurya ku muhanda i Kigali yongeye

Next Post

Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Abayobozi muri RURA barimo Umuyobozi Mukuru birukanywe kubera imyitarire idakwiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.