• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umunyamakuru uzwi kuri YouTube mu Rwanda biravugwa ko yamaze kwinjira mu muziki

radiotv10by radiotv10
31/10/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
1
Umunyamakuru uzwi kuri YouTube mu Rwanda biravugwa ko yamaze kwinjira mu muziki
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Nyarwaya Innocent wamamaye nka Yago uzwi cyane mu biganiro bitambuka kuri YouTube, hari amakuru avuga ko yamaze kwinjira mu muziki ndetse ko ari hafi gushyira hanze umuzingo [Album] we wa mbere.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10 mu ishami ry’imyidagaduro, avuga ko Yago usanzwe azwi mu biganiro byo kuri YouTube, amaze igihe akora umuziki ariko bucece.

Uwaduhaye amakuru yagize ati “Abantu bazi Yago, barabizi ko yari afite n’indirimbo nyinshi ndetse hari n’iyo yakoreye Amalon yitwa Tequila.”

Yago umaze iminsi yakiriye undi munyamakuru kuri Yago TV basigaye bakorana, yiyambaje uyu munyamakuru mushya kugira ngo abashe gukora izo ndirimbo ze zizasohoka kuri album ye yitegura gushyira hanze.

Uyu waduhaye amakuru, avuga ko indirimbo ya mbere ya Yago iteganyijwe kujya hanze, yitwa Suwejo akaba anamaze iminsi asa nk’uyirarikira abantu mu butumwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze.

Indirimbo z’uyu Munyamakuru winjiye mu by’ubuhanzi, inyinshi zatunganyijwe na Producer Element ugezweho mu Rwanda.

Ku mbuga nkoranyambaga z’uyu munyamakuru Yago, akunze gushyiraho amashusho ari gusubiramo indirimbo z’abandi bahanzi, ndetse bamwe mu bamukurikira bagashyiraho ibitekerezo bisa nk’ibimubwira ko yari akwiye kwibera umuhanzi kubera ubuhanga afite mu kuririmba.

Yago biravugwa ko agiye kwinjira mu muziki

RADIOTV10

Comments 1

  1. Manzi abutuaribu says:
    4 years ago

    Kkabx byaba ari byza cyne yego agiye mumuziki wallah . Kimirantare number one

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 9 =

Previous Post

Goma: Bongeye kwirara mu mihanda n’umujinya w’umuranduranzuzi bamagana u Rwanda

Next Post

MONUSCO yeruye ko itazatererana FARDC mu rugamba

Related Posts

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

by radiotv10
02/06/2026
0

Umuhanzikazi France Mpundu uherutse kwambikwa impeta n’umusore wo muri Niger, Moctar bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ cyamamaye, yatangaje ko...

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Next Post
MONUSCO yeruye ko itazatererana FARDC mu rugamba

MONUSCO yeruye ko itazatererana FARDC mu rugamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.