Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode

radiotv10by radiotv10
07/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imbwirwaruhame za Tshisekedi zishobora kuzamushora mu byaha yazaburanishwaho- Me Evode
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana, impuguke mu mategeko mpuzamahanga, avuga ko imbwirwaruhame za Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi, zishobora kuzamuviramo ibyaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu, akazabibazwa mu nkiko mpuzamahanga.

Me Evode Uwizeyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda kuri iki Cyumweru cyagarukaga ku mwuka mubi umaze iminsi uri mu mubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ni ikiganiro cyabaye nyuma yuko Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi avuze ko mu Gihugu cye harimo ibyitso n’abagambanyi bakorana n’u Rwanda ashinja guhungabanya umutekano wa Congo.

U Rwanda rwakunze kugaragaza ko ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bireba iki Gihugu ubwacyo, rukanatanga inama z’inzira byakemukamo ariko iki Gihugu kikaba cyarakomeje kuzitera umugongo.

Me Evode Uwizeyimana wagarutse ku mbwirwaruhame za Perezida Tshisekedi, yavuze ko imvugo ze ziremereye.

Ati “Ni imbwirwaruhame idatandukanye cyane n’abandi bantu twagize mu mateka, ba Habyarimana, kuvuga ko yatewe n’Ubugande muri za 90, ya theory y’ibyitso. Iteye impungege kuko ishobora kuzamushora mu byaha bya Jenoside, iby’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu kuko yongeye kugarura theory y’ibyitso n’abagambanyi.”

Senateri Uwizeyimana yagarutse ku magambo y’igifaransa aremereye yakoreshejwe na Tshisekedi nka ‘Traîtres’ (abagambanyi) ndetse na ‘Brebis Galeuse’, yombi azwi mu mateka ko agamije gutesha agarico abantu.

Avuga kandi ko mu minsi ishize hari abasirikare bakuru baherutse guhagarikwa mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho gukorana n’u Rwanda, ku buryo ntawabura kuvuga ko bifitanye isano n’izo mvugo za Tshisekedi.

Ati “Iyo theory y’abagambanyi n’ibyitso na hano [mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi] yarakoze kandi yacuze inkumbi.”

Me Evode yanagarutse ku biherutse gutangazwa na Tshisekedi ahamagarira urubyiruko kwinjira mu gisirikare no kuruha intwaro, avuga ko ibi na byo bishobora kuzamuganisha mu byaha by’intambara.

Ati “Ibi bintu ntaho bitandukaniye na bya bintu bya milice (udutsiko tw’abarwanyi) kuko iyo arimo guhamagarira abantu mu kivunge, yinjiza abantu b’amabandi, b’abajura, kandi bene uwo muntu iyo umuhaye intwaro ikintu cya mbere akora ni ukwikenura, ni ukumena amaduka.”

Akomeza avuga ko ibikorwa by’urugomo biri gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bishobora kuzavamo ibyaha bihanwa n’amategeko mpuzamaganga. Ati “Ziriya mbwirwaruhame Tshisekedi arimo gukora njye nta nubwo natinya kuzita incendiaire [rutwitsi].”

Gusa mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye i Luanda muri Angola ku butumire bwa mugenzi wabo w’iki Gihugu kiri gufasha ibi Bihugu mu buhuza.

Ibi biganiro byahuje abakuriye dipolomasi z’ibi Bihugu, byanzuye ko u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeza ibiganiro kandi hakubahirizwa ibyemezo byafatiwe mu biganiro byabereye i Nairobi n’i Luanda mu mezi ashize.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Menya indege ya RwandAir yakoze urugendo rwa mbere Kigali-London ntahandi iciye

Next Post

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Related Posts

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

by radiotv10
16/10/2025
0

IP Emmanuel Gahigana, ni umwe mu bapolisi bahize abandi mu mahugurwa yaberaga mu Misiri mu byiciro bitandukanye, akaba yanashyikirijwe igihembo...

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Impanuka y’imodoka y’ikamyo yabereye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, yagonze izindi modoka, ikanahitana ubuzima bw’abantu babiri, birakekwa...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

by radiotv10
16/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yihanganishije umuryango w’umunyapolitiki Raila Odinga wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Kenya, witabye Imana....

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

IZIHERUKA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo
AMAHANGA

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

16/10/2025
Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye umuryango wa Raila Odinga witabye Imana

16/10/2025
Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo yongeye gushotora u Rwanda

Congo yongeye gushotora u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Umupolisi w’u Rwanda ari mu bahize abandi mu mahugurwa mu Misi anahembwa na Perezida

Igikewaho gutera impanuka ikomeye yabaye muri Kamonyi cyatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.