Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
15/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Sinzongera kunywa inzoga- Depite uvugwaho ubusinzi yatakambiye Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Mbonimana Gamariel wari Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo kwegura, yasabye imbabazi Perezida Paul Kagame, ahamya ko atazongera kunywa inzoga, ndetse ko yiteguye kuzuza izindi nshingano yahabwa.

Uyu wari umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko, yagarutsweho na Perezida Paul Kagame ubwo yasozaga ihuriro ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri mu ijoro ryo ku ya 12 Ugushyingo 2022.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko hari umwe mu Badepite wari waraye afashwe na Polisi atwaye imodoka yasinze bikabije ariko abapolisi bakumureka agakomeza urugendo.

Anenga uyu wari umudepite, Perezida Kagame yagize ati “Bamupimye igipimo cyari kigiye guturika kubera alcohol yanyoye, baza no gusanga bamufashe nk’inshuro eshanu, ubwo bwari ubwa gatandatu […] ubanza atari yazinyoye gusa yari yaziguyemo.”

Umukuru w’u Rwanda yagaye Abapolisi bakoze ikosa ryo kurekura uyu wari Umudepite bagendeye ku budahangarwa agenerwa n’itegeko, avuga ko yashoboraga kugonga abantu akabahitana cyangwa na we ubwe akaba yakora impanuka ikamuhitana.

Yavuze ko akimara kubona raporo ivuga kuri uyu wari umudepite, yahise ahagamara Umuyobozi Mukuru wa Polisi “ndamubaza nti ‘umuntu ufite ubudahangarwa ufatwa inshuro eshanu esheshatu, umunsi se yishe umuntu? Nabyo ni ubudahangarwa?’.”

Nyuma yuko uyu wari Umudepite yeguye avuga ko yafashe iki cyemezo ku mpamvu ze bwite, yasabye imbabazi zo kuba yaratwaye ikinyabiziga yanyoye inzoga.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Dr Mbonimana Gamariel yagize ati “Mbikuye ku mutima mbasabye imbabazi Nyakubahwa Perezida n’Abanyarwanda muri rusange mwese. Nakoze icyaha cyo gutwara imodoka nanyweye inzoga. Nafashe umwanzuro wo kutazongera kunywa inzoga. Mwumve gutakamba kwanjye. Niteguye kuzuza neza izindi nshingano zose mungiriye icyizere.”

Perezida Kagame ubwo yagayaga uyu wari intumwa ya rubanda, yavuze ko muri kiriya kiganiro yagiranye n’umuyobozi wa Polisi, yamubwiye ko iyo aza kuba ari Umupolisi, yari kubanza akamenyesha abayobora Inteko Ishinga Amategeko amakosa y’uyu wari Umushingamategeko, ubundi akamburwa uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − ten =

Previous Post

Bashyira imbaraga mu kudukuramo amafaranga ariko ntibazishyire mu kuturengera- Abamotari bongeye gusharirirwa

Next Post

Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Related Posts

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

by radiotv10
31/10/2025
0

In recent years, Rwanda’s youth workforce has grown remarkably, fueled by a rising gig economy, digital entrepreneurship, and an expanding...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

by radiotv10
31/10/2025
1

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Murama na Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko amazi aturuka mu muhanda w'amakamyo...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

IZIHERUKA

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth
IMIBEREHO MYIZA

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

by radiotv10
31/10/2025
0

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

31/10/2025
Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

31/10/2025
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

31/10/2025
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Abacuruza ‘Ferabeto’ n’abazubakisha mu Rwanda bahawe umuburo wihutirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mental Health first: Addressing anxiety and depression among Rwanda’s working youth

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.