Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ndayishimiye yageze i Luanda mu biganiro bitegerejwemo Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
23/11/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ndayishimiye yageze i Luanda mu biganiro bitegerejwemo Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yamaze kugera i Luanda muri Angola ahagiye kubera ibiganiro byitabirwa na Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi.

Ibi biganiro byari bimaze iminsi bigarukwaho, bigamije gushaka umuti w’Ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo biterwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa M23 umaze iminsi uhanganye n’Igisirikare cya Congo (FARDC).

Amakuru dukesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yanyujijwe kuri Twitter, avuga ko “Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi akaba anayoboye umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, yageze i Luanda aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bo mu karere ku bijyanye n’amahoro n’umutekano mu burasirikazuba bwa Repubukilika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Umukuru w’u Burundi yageze i Luanda nyuma yuko Ibiro Ntaramakuru bya Angola, byemeje ko Perezida w’iki Gihugu, João Manuel Gonçalves Lourenço yongeye gutumiza inama yo gushakira umuti ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Ibiganiro bigiye guhuriramo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bibaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’ibyabaye muri Nyakanga 2022 byari byafatiwemo imyanzuro isaba umutwe wa M23 guhagarika imirwano kandi ukava mu bice byose wafashe.

Ni ibiganiro byanatanze umusaruro kuko byari byanasabiwemo ko abategetsi bo ku ruhande rwa Congo Kinshasa guhagarika imvugo ziremereye zabibaga urwango n’amacakubiri, kuko nyuma yabyo izi mvugo zabaye nk’izigabanuka.

Perezida Evariste Ndayishimiye mu kiganiro yagiranye na France 24 na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), yavuze ko nubwo ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitarakemuka, ariko ko hari intambwe iri guterwa.

Yagize ati “Mbere na mbere mu kwiyunga hagati y’Ibihugu, intambwe yaratewe kuko bemeye kwicara hamwe ni intambwe njye mbona ko ishimishije, habayeho guhura kwinshi.”

Ndayishimiye kandi yabajijwe ku birego by’ibinyoma byakunze kuzamurwa na Guverinoma ya Congo Kinshasa ishinja iy’u Rwanda gufasha umutwe wa M23, avuga ko kugeza ubu nta kimenyetso kibihamya ariko ko ubwo azaba yitabiriye inama yagiyemo uyu munsi, hazabaho gusasa inzobe kuri iki kibazo.

Perezida Ndayishimiye yageze i Luanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Akurikiranyweho kwica umugore we nyuma yo kubona umugabo amusohokeye mu rugo yiruka

Next Post

Nyagatare: Ukurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu 10 n’umukobwa 1 harakekwa icyo yabashukishaga

Related Posts

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Jorine Najjemba w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, yagiye kwaka impapuro zo kujya gushaka imikono y'abamushyigikira kugira...

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

by radiotv10
12/08/2025
0

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye...

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
12/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatanze impuruza ku mahanga ko uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruri kwitegura intambara yeruye,...

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
12/08/2025
0

Amahanga yamaganye icyemezo cya Guverinoma ya Israel cyo kwigarurira Intara ya Gaza nubwo iki Gihugu kivuga ko ari byo byonyine...

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

AFC/M23 yagaragaje ibidakwiye biri gukorwa na FARDC n’ubutegetsi bwa Congo mu rugamba

by radiotv10
11/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje ko ribabajwe bikomeye no kuba uruhande bahanganye rwa FARDC n’abayifasha ruri kwinjiza mu gisirikare abana bato rukabajyana...

IZIHERUKA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80
AMAHANGA

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

by radiotv10
12/08/2025
0

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

12/08/2025
AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yahishuye umugambi uteye impungenge uri gucurwa n’uruhande bahanganye rw’ubutegetsi bwa Congo

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Nyagatare: Ukurikiranyweho gusambanya abana b’abahungu 10 n’umukobwa 1 harakekwa icyo yabashukishaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.