Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in AMAHANGA, MU RWANDA, POLITIKI, POLITIKI
0
Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço muri iki cyumweru yahamagaye kuri telefone bagenzi be, Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, baganira ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

João Lourenço washyizweho nk’umuhuza muri ibi bibazo bimaze iminsi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri w’iki cyumweru yahamagaye Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye Inama y’abakuru b’Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’umunsi umwe, yanahamagaye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, nyuma anahagamagara Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Baganiriye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byanabaye intandaro y’umwuka mubi umaze iminsi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ibi biganiro byo kuri telefone byabaye nyuma gato y’ibiganiro byahuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro yo muri iki Gihugu, byari bibaye ku nshuro ya gatatu byaberaga i Nairobi muri Kenya.

Perezida wa Angola mu kiganiro yagiranye n’aba Bakuru b’Ibihugu, yibukije ko imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda byo ku ya 23 Ugushyingo 2022, ikwiye kubahirizwa igashyirwa mu bikorwa.

Izi nama zemeje ko imitwe yose iri mu Burasirazuba bwa DRC, ihagarika imirwano, ndetse M23 ikava mu bice byose yafashe igasubira mu birindiro byayo, bitaba ibyo ingabo zihuriweho za Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe i Goma, “zigakoresha imbaraga mu gusubiza inyuma uyu mutwe.”

Umutwe wa M23 wo uherutse gutangaza ko wemeye guhagarika imirwano ndetse uza no kwemeza ko witeguye gutangira kurekura ibice wafashe, ariko ko wifuza kuganira na Uhuru Kenyatta ndetse na João Lourenço kugira ngo ubagaragarize ibyo wifuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − one =

Previous Post

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Next Post

N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

Related Posts

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
17/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

IZIHERUKA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US
AMAHANGA

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

17/12/2025
Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

17/12/2025
Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

17/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

17/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.