• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
11/12/2022
in AMAHANGA, MU RWANDA, POLITIKI, POLITIKI
0
Umuhuza w’u Rwanda na DRCongo aherutse guterefona P.Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Angola, João Lourenço muri iki cyumweru yahamagaye kuri telefone bagenzi be, Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, baganira ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa DRC.

João Lourenço washyizweho nk’umuhuza muri ibi bibazo bimaze iminsi hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku wa Kabiri w’iki cyumweru yahamagaye Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye unayoboye Inama y’abakuru b’Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Nyuma y’umunsi umwe, yanahamagaye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, nyuma anahagamagara Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Baganiriye ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byanabaye intandaro y’umwuka mubi umaze iminsi uri hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Ibi biganiro byo kuri telefone byabaye nyuma gato y’ibiganiro byahuje Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abahagarariye imitwe yitwaje intwaro yo muri iki Gihugu, byari bibaye ku nshuro ya gatatu byaberaga i Nairobi muri Kenya.

Perezida wa Angola mu kiganiro yagiranye n’aba Bakuru b’Ibihugu, yibukije ko imyanzuro yafatiwe mu biganiro by’i Luanda byo ku ya 23 Ugushyingo 2022, ikwiye kubahirizwa igashyirwa mu bikorwa.

Izi nama zemeje ko imitwe yose iri mu Burasirazuba bwa DRC, ihagarika imirwano, ndetse M23 ikava mu bice byose yafashe igasubira mu birindiro byayo, bitaba ibyo ingabo zihuriweho za Afurika y’Iburasirazuba zoherejwe i Goma, “zigakoresha imbaraga mu gusubiza inyuma uyu mutwe.”

Umutwe wa M23 wo uherutse gutangaza ko wemeye guhagarika imirwano ndetse uza no kwemeza ko witeguye gutangira kurekura ibice wafashe, ariko ko wifuza kuganira na Uhuru Kenyatta ndetse na João Lourenço kugira ngo ubagaragarize ibyo wifuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Kurya birasaba imibare myinshi: Ibiribwa birabona umugabo bigasiba undi none n’inkwi zabaye ihurizo

Next Post

N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

N’ab’i Bweyeye babimenye…Ibitari byitezwe mu Gikombe cy’Isi byabaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.