• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto

radiotv10by radiotv10
16/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatahuwe uburyo umugore yakoreshejwe mu bujura bwa moto
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri n’umugore umwe bakurikiranyweho umugambi wo kwiba moto umumotari bifashishije uyu mugore wamubwiye aho amwerecyeza, ubundi bamutegera mu Kagari ka Mwulire mu Murenge wa Mwulire mu Karere ka Ngoma, bakamukubita barangiza bakamushyira mu mufuka bazi ko bamwishe bagatwara moto ye.

Aba bantu batatu bakurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Ngoma, rwaregeye dosiye yabo Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma ku ya 14 Ukuboza 2022.

Ubushinjacyaha buvuga ko ba bagabo bari bamaze iminsi bacura umugambo wo kuzambura moto umumotari, bakaza gufata icyemezo cyo gukoresha umugore, bakanamugurira telefone na sim card bazajya bavuganiraho.

Mu ijoro ryo ku ya 08 Ukwakira 2022, aba bagabo bohereje uwo mugore ajya gutega uwo mumotari muri Gare ya Rwamagana, ubundi amubwira aho yerecyeje ari na ho yari yavuganye n’abo bagabo ko ari ho baza kuba bamutegeye.

Ubwo bageraga mu Mudugudu wa Akagarama, Akagari Mwulire, Umurenge wa Mwulire, basanze abo bagabo bahari, bafata umumotari  baramukubita bamugira intere batwara moto ye ndetse na telefone igezweho (Smartphone) yo mu bwoko bwa Infinix.

Ubushinjacyaha buvuga ko nyuma yuko aba bagabo n’uyu mugore bakubise uwo mumotari, bahise bamushyira mu mufuka bazi ko bamwishe, bakaza gufatwa.

 

ICYO ITEGEKO RIVUGA

Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange

Ingingo ya 168: Ibihano ku bujura bukoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho

Kwiba hakoreshejwe kiboko cyangwa ibikangisho bihanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

Iyo kiboko cyangwa ibikangisho byakoreshejwe ubujura byateye indwara cyangwa kubuza umuntu kugira icyo yikorera ku buryo budahoraho, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kirenze imyaka irindwi (7) ariko kitarenze imyaka icumi (10).

Iyo kiboko cyangwa ibikangisho byateye indwara idakira, ubumuga buhoraho butuma umuntu atagira icyo yikorera cyangwa byateye kubura burundu umwanya w’umubiri, uwakoze icyaha ahanishwa igifungo kirenze imyaka icumi (10) ariko kitarenze imyaka cumi n’itanu (15).

Iyo kiboko cyangwa ibikangisho byakoreshejwe hatagamije kwica ariko bigatera urupfu, igihano kiba igifungo kitari munsi y’imyaka makumyabiri (20) ariko kitarenze imyaka makumyabiri n’itanu (25).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Niba baraguze iki Gihugu bambwire ayo bishyuye nyabasubize-Umuherwe muri Congo yarakariye abatagetsi

Next Post

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

Perezida Ndayishimiye w’u Burundi yatanze ubutumwa bukomeye ku mutekano muri DRCongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.