Tuesday, April 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Rubavu: Urujijo ku mwana w’imyaka 13 wasambanyije uw’ibiri ubu akaba yidegembya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere Rubavu, uratabaza nyuma yuko umwana wabo w’imyaka ibiri asambanyijwe n’uw’imyaka 13 wo mu baturanyi ariko Ubugenzacyaha bukavuga ko budashobora kumukurikirana kuko uyu wasambanyije undi ataruzuza imyaka y’ubukure.

Uyu muryango wo mu Mudugudu wa Rugerero mu Kagari ka Gikombe mu Murenge wa Nyakiriba, wabwiye RADIOTV10 ko uri mu gahinda gakomeye ko kuba umwana wabo w’imyaka ibiri yarasambanyijwe n’uwo mu baturanyi tariki 04 Ukuboza 2022.

Bavuga ko kuri iyi tariki bahamagawe n’abaturanyi bababwira ko umwana wabo yasambanyijwe, baza bagasanga umwana wabo bamujyanye kwa muganga.

Umubyeyi w’uyu mwana [Se] yagize ati “Twasanze umwana bamujyanye i Nyakiriba bahita bamuha transfer yo kujya i Gisenyi bamujyana kuri One Stop Center.”

Undi mubyeyi w’uyu mwana [Nyina] avuga ko kuba umwana wabo yarasambanyijwe byatangiye kumugiraho ingaruka, ati “Byarambabaje cyane kugeza na n’izi saaha iyo gatangiye kwikoramo n’urutoki uba usanga kari kugenda kari gutandaraza.”

Aba babyeyi bavuga ko ikibashengura kurusha ibindi ari ukuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwaranze gukurikirana uyu mwana wabononeye umwana, rukavuga ko na we akiri umwana atakurikiranwa mu nzego.

Se w’uyu mwana yagize ati “RIB yarambwiye ngo umwana w’imyaka 13 ntabwo yahanwa, ngo nimbyihorere ngo nta tegeko na rimwe rimuhana. Ndifuza ko yahanwa kuko si we wenyine amaze gufata, ngo amaze gufata abandi babiri ngo asigaje n’undi umwe.”

Uyu mubyeyi avuga ko abona hari ikibyihishe inyuma gituma uyu mwana adakurikiranwa na RIB, ati “Nyina yirirwa anyidoga hejuru ngo yashatse kumpa amafaranga ngo ndayanga […] mbona wagira ngo yaranguze.”

Umwe mu baturanyi b’uyu muryango usanzwe ari no mu buyobozi bw’inzego z’ibanze, yavuze ko yahageze iki kibazo kikimara kuba.

Ati “Uwo mwana twarabiganiriye, avuga ko yabikoze rwose, bakimara kumumpa ndavuga nti ‘ibi birarenze ni umwana muto, aho nabashyikiriza ni kwa muganga’. Mbajyana kwa muganga.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiriba, Nyiransengiyumva Monique yabwiye RADIOTV10 ko ubufasha bw’ibanze bwose bwagombaga guhabwa uriya mwana yabuhawe.

Ati “Cyakora ubwo twakongera tukamusura tukamenya ibindi yaba yifuza gukorerwa na byo tukabikoraho.”

Uyu muyobozi avuga ko ibyo kuba Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwarekuye uwo mwana, bitari mu bubasha bw’inzego z’ibanze ahubwo ko RIB “yamurekuye ishobora kuba ifite ibindi yashingiyeho.”

Abaturanyi b’iyi miryango yombi, bo bavuga ko uyu mwana wasambanyije undi, yari akwiye kujyanwa mu kigo ngororamuco kuko ejo cyangwa ejobundi azasambanya n’abana babo.

Umunyamategeko wagiranye ikiganiro na RADIOTV10 yavuze ko ubusanzwe itegeko riteganya ko umwana utaruzuza imyaka 14 ukoze icyaha, hatabaho uburyozwacyaha ariko ko abafite hagati y’imyaka 14 na 18 bashobora kuryozwa icyaha na bo ariko bakaba badashobora guhabwa igihano cy’igifungo kitarenze imyaka itanu kandi ko bagororerwa muri Gereza yabagenewe.

Uyu munyamategeko yavuze ko nko kuri iki kibazo cy’uyu mwana w’i Rubavu, hashoboraga gufatwa icyemezo cyo kumuhungisha umuryango mugari ku nyungu zo kumurinda no gukumira ko yakora ikindi cyaha, ku buryo inzego z’ibanze zashobora kumujyana mu kigo cy’igororamuco.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 6 =

Previous Post

Nyuma yo kudabagiza Abaturarwanda mu cy’Isi DSTv yapfunduye akandi gaseke

Next Post

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Related Posts

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

The City of Kigali authorities have announced that 98% of its residents have registered and been photographed in order to...

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

by radiotv10
14/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko abawutuye bangana na 98% biyandikishije bakanifotoza kugira ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga (eNdangamuntu), abasigaye bakazajya...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

by radiotv10
14/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rufunze Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, akurikiranyweho icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

by radiotv10
14/04/2026
0

In today’s fast-moving digital economy, saving money is no longer limited to traditional banking. With the rise of mobile financial...

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

Gisagara: Ubuhamya bw’amateka ashaririye y’ubwicanyi bwakorewe ku cyuzi kiciwemo Abatutsi barenga ibihumbi 25

by radiotv10
14/04/2026
0

Mu gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gisagara barokokeye mu cyahoze ari...

IZIHERUKA

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali
MU RWANDA

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

by radiotv10
14/04/2026
0

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

14/04/2026
Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

14/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru mashya: Gitifu w’Umurenge wa Bugarama akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside

14/04/2026
Money or Passion: What should we follow in 2025?

Saving on Bank vs Saving on Mobile Money: Which Is Better?

14/04/2026
Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

Ibivugwa ku ihagarikwa rya Muhawenimana umaze imyaka ayobora abafana b’Amavubi

14/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Number of Kigali residents registered for the digital ID announced, and next steps for those who missed it

Kasuku uzwi ku mbuga nkoranyambaga yatanze umucyo w’uko yakubitiwe muri America n’abo akeka

Hatangajwe umubare w’Abanyakigali bifotoje ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga n’uko abacikanywe bazabigenza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.