Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri

radiotv10by radiotv10
10/01/2023
in MU RWANDA
1
Hatangajwe inkuru ibabaje kuri umwe mu bana bakoze impanuka ku munsi wa mbere w’ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu bana bari mu modoka yakoreye impanuka i Rebero ubwo berecyezaga ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri, yitabiye Imana mu bitaro aho yari ari kwitabwaho n’abaganga.

Uwitabye Imana ni uwitwa Mugabo Kennedy w’imyaka 12 wigaga muri mwaka wa gatanu w’amashuri abanza.

Nyakwigendera ni umwe mu bana 25 bakomerekeye muri iyi mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa bus yaberecyezaga ku Ishuri rya Path to Success aho biga.

Iyi modoka yakoreye impanuka i Rebereo mu Mujyi wa Kigali mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 09 Mutarama 2023 ku mpunsi wa mbere w’ishuri w’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri wa 2022-2023.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP Irere Rene yemeye aya makuru ko uwitabye Imana ari umwe mu bari barembye cyane wari uri kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) wari wanongerewe amararo kuko yari yakomeretse cyane.

Uwitabye Imana

Inkuru y’iyi mpanuka y’aba bana yababaje benshi dore ko yari ikomeye kuko imodoka yari ibatwaye yataye umuhanda ikagwa mu ishyamba ikangirika cyane.

Polisi y’u Rwanda yaje kwemeza ko abakomerekeye muri iyi mpanuka ari 27 barimo abana 25 ndetse n’umushoferi n’umurezi umwe.

Hari amakuru yatangajwe ko iyi mpanuka ishobora kuba yatewe no kuba iyi modoka yacitse feri, ariko bamwe mu bari hafi y’aho yabereye, bavuze ko ipine ry’iyi modoroka rishobora kuba ryagize ikibazo kuko ubwo yahoreraga imanuka mu ishyamba, iryo pine ryadigadigaga.

Perezida Paul Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, yifurije abana bakomerekeye muri iyi mpanuka gukira vuba ndetse anihanganisha imiryango yabo.

Umukuru w’u Rwanda kandi yizeje ko abana bari muri iyi modoka, bazitabwaho mu buryo buboneye kugeza bakize.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Manzi Mando250 says:
    3 years ago

    Nukwihangana

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Biden kuva yatorwa yasuye igikorwa kiri mu by’ibanze byibukirwa kuri Trump

Next Post

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Related Posts

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
MU RWANDA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

P.Kagame yahishuye uko Tshisekedi yakiriye ikibazo cy’impunzi z’Abanyekongo ubwo yakimugezagaho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU ZO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.