Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye

radiotv10by radiotv10
16/01/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Indi mpanuka y’ikamyo yakangaranyije abayibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y’ikamyo yari ipakiye itaka, bikekwa ko yabuze feri ubundi ikagenda igonga ibyo yasangaga mu cyerekezo yari irimo birimo n’indi modoka yangije cyane ndetse ikagwamo n’umwe mu bari bayirimo.

Iyi mpanuka yabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Mutarama 2023, yabereye i Nduba, aho imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo yari ivuye gupakira itaka ahitwa i Gasanze, bikekwa ko yacitse feri ubundi igacuncumuka nta rutangira.

Iyi modoka yamanukaga mu muhanda ucuramye, yagonze ibyo yasangaga mu nzira byose, iza no gukubita imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Rav 4 yari irimo abantu iyikubita iyihereye mu rubavu irangirika cyane ndetse umwe mu bari muri iyi modoka ari na we wahise ahasiga ubuzima.

Bamwe mu bari aha iyi mpanuka yabereye, bavuze ko yari iteye ubwoba kuko iyi kamyo bigaragara ko yari yacitse feri, ari bwo yakubitaga iyi modoka ya Rav 4.

Umwe mu baturage bari aha yagize ati “Yamanutse yiruka ibanza gukatira ziriya Howo, ihita ikubita iyi Rav 4, ni nk’aho ari yo yayifatiye feri, ubundi ihita ikubita igiti, na yo ihita yikagara iragwa.”

Aba baturage bavuga ko ari bo bakuyemo abantu bari muri iyi modoka ya Rav 4, bakibonera umwe w’umusaza wari urimo yitabye Imana mu gihe abandi b’ababyeyi bakomeretse bikabije.

Iyi mpanuka y’ikamyo ibaye mu gihe hamaze iminsi havugwa izindi mpanuka nk’izi z’amakamyo azwi nka Howo, akomeje gukora impanuka zihitana ubuzima bwa bamwe.

Yagonze Rav 4 irangirika cyane

Hahise habaho ubutabazi bwihuse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 6 =

Previous Post

Burya si buno: ManUnited yisubije ikuzo imbere ya ManCity

Next Post

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Arsenal ikomeje kwanikira amakipe bahanganiye igikombe yasuzuguye Tottenham iyitsindira iwabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.