Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in AMAHANGA
0
Abagabo na bo bagiye kujya baboneza urubyaro bakoresheje ibinini
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushakashatsi ku binini byo guhagarika ko intanga-ngabo zihura n’intanga-ngore mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina, mu rwego rwo kuboneza urubyaro ku bagabo, buratanga icyizere nkuko byatangajwe n’abari kubukora.

Bikubiye mu nyigo yatangajwe kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Gashyantare 2023, ku bushakashatsi buri gukorwa ku kuboneza urubyaro ku bagabo.

Ubu buryo bushya bwo kuboneza urubyaro ku bagabo, ni ubwo kwifashisha ibinini, umugabo ashobora kunywa mbere yuko akora imibonano mpuzabitsina, bigatuma intanga zabo zitajya guhura n’intangangore.

Ubusanzwe abagabo bakoreshaga uburyo burimo ubwo gukoresha agakingirizo ndetse n’ubwo bwo guca imitsi yo ku bugabo (buzwi nka Vasectomie).

Ubu buryo bwombi bugiye kunganirwa n’ubu bwo gukoresha ibinini busanzwe bukoreshwa n’abagore mu rwego rwo gukumira ko habaho gusama.

Ibi binini bizafasha abagabo kuboneza urubyaro, bizajya binyobwa n’umugabo mbere y’igihe gito kugira ngo akore imibonano mpuzabitsina kandi akaba afite amasaha abiri ashobora gukora imibonano mpuzabitsina adashobora gutera inda.

Binavugwa ko ibi binini bitazajya bigira ingaruka ku mubiri w’umuntu wabinyoye kuko mu gihe cy’amasaha 24 nta ngaruka na nke azajya abona.

Abari gukora ubushakashatsi buri gukorerwa ku mbeba, bavuga ko aho bugeze butanga icyizere ko buzagera ku ntego yabwo, bavuga ko hari ibigikenewe kugira ngo bwemezwe.

Abahanga bari gukora ubushakashatsi bavuga ko igerageza ryakorewe ku mbeba, bugaragaza ko mu masaha abiri akurikira imibonano mpuzabitsina, umugabo aba afite amahirwe 100% yo kudatera inda, mu gihe mu masaha atatu haba hari amahirwe 91% naho mu masaha 24 intanga zigatangira gukora nkuko bisanzwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yitabiriye Inama y’ibiganiro bikomeye bizanagaruka ku bya Congo

Next Post

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Tshisekedi nawe yageze muri Ethiopia mu nama yanitabiriwe na Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.