Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in MU RWANDA
0
Kiliziya Gatulika mu Rwanda yakiriye inkuru nziza y’Umushumba wayo ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungune Papa Francis yashyizeho Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kibungo yari imaze igihe idafite Musenyeri wayo bwite.

Papa Francis yashyizeho Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu nk’Umwepisikopi wa Diyoseze Gatulika ya Kibungo, kuri uyu wa Mbere tariki 20 Gashyantare 2023.

Itangazo dukesha ubunyamabanga Bukuru bw’Inama y’Abepisikopi mu Rwanda, rigira riti “Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda bitewe ishema no gutangaza kuri uyu munsi none, ku wa 20 Gashyantare 2023, saa sita zuzuye ku isaha ya Roma ari yo ya saa saba ku isaha ya Kigali, Nyirubutungane Papa Fransisiko yagennye Nyakubahwa Padiri Yohani Maiya Viyani Twagirayezu, wari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda kugeza ubu, ngo abe Umwepisikopi bwite wa Diyoseze ya Kibungo.”

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wari asanzwe ari Umunyamabanga Mukuru wa Caritas mu Rwanda, agiye kuba umushumba w’iyi diyoseze yari imaze igihe yararagijwe Musenyeri Antoine Kalidinari Kambanda, Arikiyepisoki wa Kigali.

Twagirayezu w’imyaka 63 y’amavuko, yavukiye muri Diyoseze ya Nyundo ku Gisenyi, akaba yarize Filozofiya mu Isemirani Nkuru ya Nyakibanda.

Yahawe ubupadiri mu kwezi k’Ukwakira 1995 nk’Umupadiri wa Diyoseze ya Butare, akaba yaranagiye kwiyungura ubumenyi muri Tewolojiya muri Kaminuza Gatulika y’i Louvanin mu Bubibiligi.

Umwanya wo kuba Umunyamabanga Mukuru wa Caritas Rwanda yari ariho kugeza ubwo agizwe Umwepisikopi, yawutangiye kuva muri 2016.

Padiri Jean-Marie Vianney Twagirayezu wagizwe Musenyeri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 9 =

Previous Post

Igisubizo gitunguranye cya Ruto niba Ingabo za Kenya ziteguye kurasa M23

Next Post

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Umuhanzi ugezweho mu Rwanda birabugwa ko amaze iminsi afunze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.