Thursday, October 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
08/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Inkuru y’incamugongo kuri General ufite amateka akomeye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Marcel Gatsinzi uri mu ba mbere babonye ipeti rya General mu ngabo z’u Rwanda akaba yaranagize imyanya inyuranye mu buyobozi bwazo, yitabye Imana azize uburwayi.

General Marcel Gatsinzi wari umaze imyaka icumi (10) ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yitabiye Imana mu Bubiligi aho yari amaze igihe atuye ari na ho yivuriza.

Urupfu rwe rwamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki Indwi Werurwe 2023, gusa yitabye Imana ku munsi wari wabanje, ku wa Mbere tariki 06 Werurwe.

Amakuru aturuka mu bo hafi y’umuryango we, avuga ko nyakwigendera atari arembye bikabije kuko no kujya kwa muganda, yagiyeyo nyuma yo kumva atameze nabi ariko aza guhita yitaba Imana.

 

Ari mu ba mbere babonye ipeti rya General…Amwe mu mateka ye

Mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru muri 2013, General Gatsinzi Marcel yagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’Igihugu no mu buyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Kuva mu mwaka wa 2002 kugeza muri 2010, yari Minisitiri w’Ingabo, umwanya yavuyeho akaza kugirwa Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzu yagiyeho kuva muri 2010 kugeza muri 2013.

Uyu mugabo wagiye mu gisirikare ku butegetsi bwa Leta ya Habyarimana Juvenal, yahawe imyanya inyuranye mu ngabo z’icyo gihe.

Ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga mu 1994, Gatsinzi Marcel yagizwe Umugaba Mukuru w’Ingabo ariko uyu mwanya ntiyawutinzeho kuko yawuvuyego nyuma y’icyumweru kimwe kirengaho iminsi micye ndetse anirukanwa na Leta yiyise iy’abatabazi.

Nyuma yaje guhungira mu cyahoze ari Zaire aza kuvayo agaruka mu Rwanda, ubwo ingabo zahoze ari iza RPA za FPR-Inkotanyi zihuzaga n’ingabo zari zatsinzwe, yinjijwe mu ngabo z’u Rwanda ahabwa ipeti rya Colonel.

Kuva icyo gihe yagiye agira imyanya inyuranye mu ngabo z’u Rwanda, irimo kuba yarayoboye Itsinda rya Gisirikare rishinzwe umutekano w’abasirikare rizwi nka Military Police, yayoboye afite ipeti rya Major General.

Uyu mugabo wanayoboye urwego rw’Igihugu rushinzwe umutekano n’iperereza rwa NISS, yaje guhabwa ipeti rya General muri 2004 ari na we wa mbere wahawe iri peti muri izi Ngabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + 14 =

Previous Post

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwabaye umuyobozi mu nzego nkuru z’u Rwanda uregwaga gusambanya umwana

Next Post

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Related Posts

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Abantu 25 basohotse ku rutonde rwashyizwe hanze n'Ikigo gishinzwe Gutahura no Kurwanya Ibyaha byo mu rwego rw’Imari- FIC (Financial Intelligence...

Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

by radiotv10
16/10/2025
0

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwatangaje ko hashyizweho uburyo bwo kuzafasha abazitabira ibirori byo guha impamyabumenyi abayirangijemo bizabera i Huye,...

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

by radiotv10
16/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko amazi y'imvura aturuka ku muhanda wa Kaburimbo...

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

Rubavu: Abamaze imyaka 2 bategerezanyije amatsiko ingurane bahawe igisubizo kidatanga ihumure

by radiotv10
16/10/2025
0

Abaturage babarirwa mu 180 bo mu Karere ka Ruhabu bavuga ko bamaze imyaka ibiri bategereje kwishyurwa ingurane y’imitungo yabo yangiritse...

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

Hagaragajwe ibibazo bikiri muri za Poste de Santé birimo igituma hari aho uwibwe n’umurwayi bisanga hamwe

by radiotv10
16/10/2025
0

Abasenateri bagaragaje ibibazo bikigaragara mu mikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Poste de Santé), birimo kuba hari akora iminsi itatu gusa mu cyumweru...

IZIHERUKA

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho
MU RWANDA

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

by radiotv10
16/10/2025
0

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

16/10/2025
Post-grad panic: What happens after university?

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

16/10/2025
Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

16/10/2025
Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

Uko imodoka ihenze y’umukinnyi wa Filimi Alliah Cool yazamuye impaka rukabura gica

16/10/2025
Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

Ngoma: Bavuze uko igikorwa cy’amajyambere cyabazaniye ibibazo

16/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Kigali: Abazunguzayi baravugwaho gukorera amahano adasanzwe umunyerondo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore abantu 25 bashyizwe ku rutonde rw’abafatiwe ibihano n’u Rwanda n’ibyo wabamenyaho

Amakuru agezweho mu Ikipe iyoboye Shampiyona y’u Rwanda

Abazitabira ‘Graduation’ ya Kaminuza y’u Rwanda bashyiriweho uburyo buzaborohereza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.