Wednesday, October 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC

radiotv10by radiotv10
10/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Uwahoze muri FDLR avuze ikintu gikomeye cyamubayeho akibona RDF gikwiye kubera isomo FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Colonel Nshimiyimana Augustin uzwi nka Bora wahoze ari umuyobozi wungirije w’iperereza mu mutwe wa FDLR urwanya u Rwanda, avuga ko nyuma yo kugera mu Rwanda akabona uko igisirikare cyarwo gihagaze, yahise yumva ibyo bibwiraga ko bazarutera, byari ubwiyahuzi nk’uburi gukorwa na FARDC.

Col Nshimiyimana Augustin yabaye umuyobozi wungirije ushinzwe iperereza muri FDLR kuva mu 2011 kugeza muri 2019, akaba ari umwe mu bahoze mu mitwe yitwaje intwaro batahutse bagasubizwa mu buzima busanzwe.

Umutwe wa FDLR wahozemo uyu musirikare, uri no mu mitwe ikomeje gufatanya n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) mu mirwano gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Col Nshimiyimana avuga ko akiri muri FDLR we na bagenzi be bahoraga basakuza ngo bazatera u Rwanda barufate, ariko ko aho arugereyemo yasanze byari nko kwikirigita ugaseka.

Avuga ko ari kimwe n’igisirikare cya Congo (FARDC) ndetse na Guverinoma ya kiriya Gihugu, bahora barota gutera u Rwanda ariko ko iyaba bamenyaga uko igisirikare cyarwo gihagaze, bareka kurota ku manywa.

Ati “Ni yo mpamvu FARDC yirata hariya hakurya, nta makuru ifite ku Rwanda, uko Igisirikare gihagaze n’uko twe twagitekerezaga muri Congo ni ibintu bihabanye, nibwo natangiye kuvuga nti ‘eh kumbi koko turi abiyahuzi’ kuko urebye uko ingabo [RDF] ziyubatse ukareba nawe uko wari uri kubundabunda hariya muri Nyiragongo, ni ukwiyahura.”

Yaboneyeho guha ubutumwa abahirahira gutera u Rwanda ko bakwiye gusubiza amerwe mu isaho kuko imvugo yarwo ko “rutera ntiruterwe” igaragara ubu.

Abakurikirana cyane iby’imikoranire ya FDLR n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bemeza ko iki Gihugu cyemereye uyu mutwe kuzawufasha gutera u Rwanda.

Guverinoma ya Congo Kinshasa kandi na yo imaze iminsi ibivuga kenshi ko iki Gihugu cyifuza gutera u Rwanda, mu gihe rwo rwavuze kenshi ko rutifuza intambara ariko ko igihe cyose rwayishorwaho ruhagaze bwuma kuba rwayirwana rwemye.

Ubushake bwa Congo bwo gushora u Rwanda mu ntambara kandi buragaragarira mu bikorwa by’ubushotoranyi bikorwa n’igisirikare cy’iki Gihugu, aho bamwe mu basirikare ba FARDC bagiye bashotora u Rwanda bakinjira barasa, ariko bagasanga ingabo z’u Rwanda ziryamiye amajanja zikabivuna.

Urugero rwa vuba ni umusirikare uheruka mu cyumweru gishize tariki 03 Werurwe 2023, winjiye mu Rwanda arasa ku mipaka ya Grande Barrière na Petite Barrière mu Karere ka Rubavu, akaza kuraswa n’ingabo z’u Rwanda, akahasiga ubuzima.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 5 =

Previous Post

Amakuru y’ibanga muri Studio yatewe umugongo na Producer ugezweho mu Rwanda

Next Post

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Related Posts

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayoza baherutse guhura n’ibiza by’imvura byatwaye ubuzima bwa bamwe, bikanangiza...

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashyizeho Abasenateri bane nyuma yuko manda y’abo yari yashyizeho irangiye, barimo babiri bagarutse muri Sena...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
22/10/2025
3

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda iragira inama abantu bose bacuruza ibinyobwa byakozwe n’inganda zagaragaweho kutuzuza ubuziranenge byumwihariko urwa Salama rukora umutobe (Jus/Juice),...

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

by radiotv10
21/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yataye muri yombi abasore batatu b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bagaragaye basagarira abamotari, aho babakubise bakabakomeretsa....

IZIHERUKA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi
IMIBEREHO MYIZA

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

by radiotv10
22/10/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

21/10/2025
Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

21/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

22/10/2025
Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

Ibidasanzwe ku modoka nshya y’akataraboneka Rutahizamu ukomeye ku Isi Haaland yaguze

21/10/2025
Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

21/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Bitunguranye Rayon yisubiyeho ku cyemezo yari yafashe kikababaza abafana bayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyifuzo bitangwa n’abaherutse kwibasirwa n’ibiza bidasanzwe byabasize mu marira menshi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho Abasenateri bane barimo babiri bahoze muri Guverinoma y’u Rwanda

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.