Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Itsinda ry’indwanyi kabuhariwe zaniyambajwe na DRCongo ryatangiye gufatirwa ibyemezo bikarishye

radiotv10by radiotv10
11/05/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje icyifuzo gikomeye inerura iby’abacancuro b’indwanyi b’Abarusiya bazanywe muri DRCongo
Share on FacebookShare on Twitter

Itsinda ry’Indwanyi z’abacancuro rya Wagner Group, rikomeje gushyirwa ku rutonde rw’imitwe w’iterabwoba n’Ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi birimo u Bufaransa, bukomeje no gushishikariza ibindi kwemeza iri tsinda nk’umutwe w’iterabwoba, kugira ngo rikomanyirizwe ahantu hose.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yatoye itegero ryemeza ko iri tsinda rikomoka mu Burusiya, ari uw’abacancuro bari mu murongo wa Politiki ya dupigane ya Perezida Vlarimir Putin.

Umwe mu Bashingamategeko b’u Bufaransa, Benjamin Haddad yagize ati “Urebye aho bakorera hose abacancuro ba Wagner bagenda bakwirakwiza ibikorwa bibi birimo guhungabanya umutekano n’urugomo.”

Benjamin Haddad yakomeje agira ati “Barica bakanakora iyicarubozo. Bakora ubuhotozi, bakanafata bugwate. Batera ubwoba kandi bagakoreshwa mu bikorwa byo kwimakaza umuco wo kudahana.”

Uyu mushingamategeko wo mu Nteko y’u Bufaransa yavuze ko abarwanyi ba Wagner atari abacancuro nk’abandi basanzwe bajyanwa n’amafaranga ahubwo “bagendagenda hose, bakava muri Mali bakajya muri Ukraine bagiye gutanga ubufasha mu bikorwa by’ubushotoranyi bya Perezida Putin bibangamira Demokarasi yacu.”

Abayobozi b’u Bufaransa kandi bashinja iri tsinda kuba ryaratobeje imigambi y’u Bufaransa mu Burengerazuba bwa Afurika byumwihariko muri Mali.

Benjamin Haddad yavuze ko yizeye ko uyu mwanzuro wafashwe n’Inteko yabo, uzabera urugero ibindi Bihugu binyamuryango w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burari, byo gushyira Wagner mu mitwe y’iterabwoba.

Perezida Volodymyr Zelenskyy w’Igihugu cya Ukraine gihanganye n’u Burusiya, yoherereje ubutumwa Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa, ayishimira kuba yafashe iki cyemezo, asaba Ibindi Bihugu kugenza nk’u Bufaransa.

Iri tsinda rya Wagner rifite abarwanyi biyambajwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bikorwa byo guhanga n’umutwe wa M23, ndetse no mu gihe iki Gihugu cyari gikomeje kuvuga ko kiteguye gushoza intarambara ku Rwanda.

Perezida Paul Kagame yigeze kugaruka kuri aba bacancuro ba Wagner biyambajwe na DRC, avuga ko bizatuma ibintu birushaho kuba bibi.

Mu butumwa yatanze tariki 09 Murarama uyu mwaka, Perezida Kagame yagize ati “Niwumva ko ikibazo kirambirije ku bacancuro ujye umenya ko kabaye. Nibiza rero kuri twe guhangana n’abacancuro, twebwe rwose dufite ubushobozi burenze ubukenewe bwo guhangana n’abacancuro. Abacancuro ni abantu b’imburamumaro udashobora gutegeraho amakiriro. Rero Ibihugu birambirije ku bacancuro mujye mumenya ko muri mu kangaratete.”

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yanemeye ko aba bacancuro koko bari muri iki Gihugu, yavuze ko bagiye mu bikorwa gutoza abasirikare ba FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × five =

Previous Post

Ubutumwa bw’ingenzi bwahawe Abapolisi bagiye kujya mu butumwa bw’amahoro

Next Post

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Related Posts

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
25/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Umunyamakuru Kazungu Clever noneho agaragaje ikibazo cy’ingutu kitagarukwaho kiri mu byagwingije ‘Football’ nyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.