Igihugu kimwe muri Afurika cyafashe icyemezo gikomeye cyo kugabanya ubusumbane mu mishahara

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Guverinoma ya Mozambique yemeje umushinga w’itegeko ryo kugabanya umushahara w’Abaminsitiri, Abanyamabanga ba Leta n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, hagamijwe intego zinyuranye zirimo kugabanya ikinyuranyo gikabije cy’imishahara mu bakozi ba Leta.

Ni umushinga ugamije kugabanya kandi amafanga Leta isohora mu mishahara y’aba bayobozi bo hejuru, kuko yari menshi ugereranyije n’amikoro y’Igihugu.

Izindi Nkuru

Minisiteri y’Imari yo muri iki Gihugu cya Mozambique, itangaza kandi ko ibi byakozwe kugira ngo hanakemurwe ikibazo cy’ubusumbane mu mishahara cyaterwaga n’aba bakozi bahembwaga akayabo, mu gihe abandi babona urusenda.

Gusa ntibavuze umubare w’ayakaswe kuri iyo mishahara, ariko bavuga ko hari icyo bizatanga.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IzindiNkuru