Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera

radiotv10by radiotv10
31/05/2023
in AMAHANGA
0
Ubwicanyi bw’abitwikira ijoro bakarasa abantu muri Uganda bwafashe intera
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamategeko w’i Kampala muri Uganda, yishwe arashwe n’abagizi ba nabi bataramenyekana, bamusanze iwe mu rugo aho yari atuye, bakamurasa ubwo yari avuye mu modoka mu gicuku cy’ijoro.

Uyu munyamategeko witwa Ronnie Mukisa, wakoreraga urugaga rw’Abavoka rwitwa IBC rw’i Kampala, yishwe mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2023.

Amakuru y’iyicwa rya Ronnie Mukisa yemejwe na Polisi mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, ko yishwe n’abantu bataramenyekana.

Itangazo ry’Umuvugizi Wungirije wa Polisi nkuru ya Kampaka, ASP Luke Owoyesigyire, rigira riti “Ababibonye bavuze ko umuntu utaramenyekana yagaragaye arasa Mukisa ubwo yari atashye, araza amurasa inshuro nyinhsi mu mutwe.”

Polisi ivuga ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko Mukisa yari yatashye mu masaha akuze muri iryo joro yarasiwemo.

Iti “Muri iryo joro ryabereyemo ubu bwicanyi, yageze iwe atinze agera aho aparika imodoka nko mu ma saa tanu. Amaze guparika imodoka ye, Mukisa yasubiye inyuma ngo akinge urugi rwo ku gipangu. Ni bwo abaturanyi be bumvise urusaku rw’amasasu.”

Polisi ivuga ko uwarashe nyakwigendera yahise yiruka akurira moto yari imutegereje, igahita imwerecyeza ahantu hataramenyeka.

Ivuga kandi ko Abapolisi bahise boherezwa aharasiwe nyakwigendera, kugira ngo hahite hatangira iperereza, no gushakishwa abakekwaho gukora iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi.

Uyu munyamategeko arashwe nyuma y’ibyumweru bitatu muri Uganda, hishwe umunyamakuru Tusubilwa Ibrahim, uzwi nka Isma Olaxes, wanamamaye nka Jaja Ichili, na we wishwe arashwe mu masaha y’ijoro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Umutungo wa Sosiyete ifite Banki ikomeye mu Rwanda ugeze ku kayabo ka Miliyari zihanitse

Next Post

Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Related Posts

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byinshi byo ku Mugabane wa Afurika bikomeje gutangaza ingamba zitandukanye zo guhangana n’ikibazo cy'ibura ry'ibikomoka kuri Peteroli n’izamuka ry’ibiciro...

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

IZIHERUKA

How to Choose What Matters Most in Life
IMIBEREHO MYIZA

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
10/04/2026
0

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyakozwe n’Umuhanzikazi w’ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Ibyakozwe n'Umuhanzikazi w'ikirangirire n’imfura ye mu gitaramo bikomeje kurikoroza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Choose What Matters Most in Life

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.