Monday, November 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yasobanuye birambuye iby’abakinnyi batandatu b’iyi kipe bari banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ubu bakaba bamaze kujyayo babanje gusaba imbabazi, avuga ko ubu umwuka mu ikipe ari mama wararaye.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, havuzwe inkuru y’abakinnyi batandatu ba Rayon Sports barimo na Kapiteni wayo, Rwatubyaye Abdul banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’icy’Amahoro bazahuramo na APR FC.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidel mu kiganiro yagiranye na Radio 10, yavuze ko “iyo urugamba rugiye kurangira ni bwo rukomera, mbanze mpumurize abafana ba Rayon, ntibumve ko byacitse”

Jean Fidele yemeye ko abakinnyi batarishyurwa ukwezi kwa Kane koko, ariko ko nta mukinnyi wasibye imyitozo kugeza ejo hashize, nkuko byavugwaga.

Avuga ko Umunyamabanga Mukuru wa Rayon yagiye kuganiriza abakinnyi kuri iki kibazo ndetse ko na we ubwe yagiyeyo hirya y’ejo hashize, akabizeza ko bazahembwa ukwezi kumwe uyu munsi ku wa Gatanu.

Yavuze ko basabye abakinnyi ko bagenda ku wa Kane ariko bamwe bakavuga ko bazagenda uyu munsi ku wa Gatanu bamaze guhabwa ayo mafaranga, ariko akabahakanira kuko bifuzaga ko bajya kwitegura hakiri kare.

Ariko hari bamwe mu bakinnyi bashakaga kugumura bagenzi babo, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon bukomeza gukora ibiganiro, biza kurangira mu gitondo cy’ejo hashize bamwe bagiye, abandi bagakomeza kwinangira.

Ati “Hasigaye abakinnyi nka batandatu ariko na bo baje kubona ko abandi bagiye, front commun (imyigaragambyo) bari bakoze, igikuta bari bubatse, babonye abandi bagiye na bo batangira noneho no kwitaba telefone no kuvugisha abandi.”

Yavuze ko aba bandi baje gusaba imbabazi, ndetse bakamwandikira babimumenyesha, ati “Ndababwira nti ‘nimusange abandi, ibindi tuzabireba. Kapiteni ubwe ni we wanyandikiye nijoro saa tatu na mirongo ine n’irindwi ati ‘turi mu nzira, abandi ndabatwaye, rwose turashyira hamwe, tugiye gukina, mutubabarire ibyari byabaye’.”

Yavuze ko aba bakinnyi bagiye nyuma, ubu bageze mu mwiherero bagasangayo bagenzi babo, bakabakira neza, bakishimira ko babasanzeyo kandi ko biteguye gukora imyitozo muri iki gitondo.

Yasabye abakunzi b’iyi kipe gukomeza kuba inyuma y’ikipe yabo, kuko ubu umwuka umeze neza mu ikipe, kandi ko abakinnyi biteguye kuzitwara neza muri uyu mukino biteguye gukina na mucyeba wabo uherutse kwegukana igikombe cya Shampiyona.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − three =

Previous Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Next Post

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Related Posts

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

24/11/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

22/11/2025
Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

Perezida Kagame na Touadéra wa Centrafrique bagiranye ibiganiro

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.