• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho

radiotv10by radiotv10
17/06/2023
in Uncategorized
0
Umukinnyi w’ikipe yasoje shampiyona ihagaze habi ari kurwanirwa n’amakipe yihagazeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi w’Umudage, Kai Havertz, w’ikipe ya Chelsea yasoje Premier League iri ku mwanya wa 12, ari gushakishwa na Arsenal yo mu Bwongereza, ndetse na Bayern Munich yo mu Budage.

Amakuru yavugwaga yerecyeza Kai Havertz mu ikipe ya Arsenal, aho yasabwaga kumutangaho akayabo ka miliyoni 70 z’ama Pounds, none na Bayern Munich yamaze kumwegera.

Iyi kipe y’i Munich mu Budage imubona nk’umukinnyi mwiza kandi utayihenda ugereranyije na Dusan Vlahovic, ukinira Juventus, ndetse na Randal Kolo Muani, wa Eintracht Frankfurt, wari wavuzweho ko yakwerekeza muri Bayern ariko bikaza kwanga mu minsi ishize.

Ikipe ya Arsenal yizeraga ko yamanura igiciro cy’uyu Kai Havertz, bityo ikaba yamutangaho miliyoni 60 z’ama Pounds, gusa ikaba ishaka kubanza kugura Captain wa West Ham United, Declan Rice, ushobora kuyitwara arenga miliyoni 100 z’ama Pounds, mbere yo kujya mu bya Kai Havertz.

Iyi kipe ya Arsenal, yo mu majyaruguru y’umujyi wa Londres, irashaka kubanza kumenya amafaranga bizayisaba kugira ngo igure Declan Rice mu mpeshyi y’uyu mwaka, dore ko ikipe ya West Ham United yifuza ko yakwishyurwa mu byiciro 2 kandi mbere ya 2025, ibintu bishobora kugora cyane ikipe ya Arsenal muri iyi mpeshyi.

Amafaranga Arsenal izatanga ku Mwongereza Declan Rice, bifuza mbere y’abandi, azagira uruhare mu kumenya ayo batanga kuri Kai Havertz.

Arsenal kandi biravugwa ko inashaka n’undi mukinnyi wakina nka myugariro wo hagati.

Chelsea na yo yifuza kuba yaha Kai Havertz amasezerano mashya, gusa umushahara we byitezwe ko wahita ugabanywa bigendanye no kugabanya imihembere ihanitse y’iyi kipe.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Ubumwe bwa Leta na Kiliziya: Minisitiri w’Intebe yitabiriye umuhango ukomeye muri Gatulika (AMAFOTO)

Next Post

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Kayonza: Urujijo ku ntandaro y’igikorwa cy’ubugome ndengakamere gikekwa ku mugabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.