Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya

radiotv10by radiotv10
22/08/2023
in MU RWANDA
0
U Rwanda rwinjiye mu by’urupfu rw’umukinnyi w’Umuryanyarwanda waguye muri Kenya
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Umunyarwanda wari usanzwe ari umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku maguru wabigize umwuga, apfiriye muri Kenya, bivugwa ko yishwe n’uwo bagiranye amakimbirane bapfa umugore bakundaga bombi, Ambasade y’u Rwanda muri Kenya yinjiye mu by’iki kibazo.

Rubayita Siraj yapfiriye muri Kenya ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, agwa mu gace kitwa Iten ubwo yari mu myitozo, dore ko yari asanzwe ari umukinnyi mu mukino wo gusiganwa ku maguru.

Urupfu rwe rwagarutsweho na bimwe mu bitangazamakuru byo muri Kenya, ruhuzwa n’amakimbirane uyu Munyarwanda yari aherutse kugirana n’umukinnyi mugenzi we w’Umunya-Kenya, yaturutse ku kuba bombi bakunda umugore umwe.

Nyuma y’uru rupfu, ambasade y’u Rwanda muri Kenya yohereje umukozi mu gace ka Iten aho nyakwigendera yaguye, kugira ngo ajye gukurikirana iby’iki kibazo.

Nanone kandi umuryango wa nyakwigendera wamaze kugera muri Kenya kugira ngo ujye gufata umurambo we, ubundi ujye kuwushyingura mu Rwanda.

Ambasade y’u Rwanda muri Kenya kandi, iri gufasha uyu muryango muri ibi bikorwa by’akababaro, kugira ngo ucyure umurambo wa nyakwigendera.

Rubayita Siraj wari umwe mu bakinnyi batanga icyizere mu mukino wo gusiganwa ku maguru mu Rwanda, yitabiriye amarushanwa anyuranye yo ku rwego mpuzamahanga, arimo iryo yagiyemo mu Butaliyani rizwi nka Regional 10000m Championships, ndetse na Kigali Peace Marathon ribera mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda usanzwe akina Karate yateye intambwe muri uyu mukino

Next Post

Ibintu bitanganje kuri Kiyovu mu mboni za Kazungu 

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubusesenguzi bwa Kazungu nyuma y'isezererwa rya Rayon na APR mu mikino ya Afurika

Ibintu bitanganje kuri Kiyovu mu mboni za Kazungu 

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.