Thursday, October 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe

radiotv10by radiotv10
01/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abategarugori b’u Rwanda bihaye umukoro wihariye washibutse mu mananiza barambiwe
Share on FacebookShare on Twitter

Abagore bahagarariye abandi mu nzego zitandukanye z’Igihugu, biyemeje gushinga Banki yabo, kuko ikigega BDF gitera inkunga imishinga y’iterambere, kibananiza mu gihe bashaka amafaranga yo kwiteza imbere.

Ibi babitangarije mu Nteko Rusange ya 22 y’Inama y’Igihugu y’Abagore, yabaye kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.

Abagore bavuga ko iyi ntego igamije guhangana n’ibibazo bikibangamiye iterambere ry’umuryango mu ngeri zitandukanye zishingiye kuba batoroherwa no kubona igishoro cyo gushyigikira imishinga yabo.

Bavuga ko ahanini babiterwa n’uko ikigega cya Leta gifasha imishinga y’iterambere (BDF) kibagora, bityo ko bagomba gutangira urugendo rwo gushinga banki yabo.

Colette Mukantayomba wo mu nama y’igihugu y’abagore yagize ati “Ndagira ngo ngaruke ku kibazo cya BDF dukunze kugarukaho cyane. Harabura iki ngo habe Banki y’abagore? Nk’abagore tugire banki yacu. Ayo mafaranga tubona yose tujye tuyanyuza muri banki yacu, tutarinze kuyaciya muri BDF, kuko urajya gusaba amafaranga muri BDF bakakubwira ko hakirimo imbogamizi.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore Jackline Kamanzi, yabuze ko na we ashyigikiye iki gitekerezo, kandi ko kimaze igihe, ku buryo hakenewe inyigo kugira ngo gishyirwe mu bikorwa.

Ati “Nibishoboka numva ari umwanzuro twafata, ariko ku ishyirwa mu bikorwa tuzakomeza tugishe inama ubuyobozi bwacu.”

Umuyobozi mukuru wungirije wa BDF, Rosalie Semigabo avuga ko iyi myitwarire ishingiye ku kuba abagore bamwe batazi imikorere y’iki kigega.

Ati “Nk’aya mafaranga bavuze yavuye mu Turere kimwe n’ayandi batubwiye miliyoni zenda kugera kuri mirongo itanu, nizo zaciye muri BDF. Hari n’ayandi dusanganwe agera kuri miliyoni magana ane yagenewe abagore. Nta mugore watugannye ngo abure amafaranga.”

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Dr Uwamariya Valentine avuga ko ibi byose byagaragaje ko hagikenewe kongera imbaraga mu bukangurambaga.

Ati “Ukurikije uko umuyobozi wa BDF yabisobanuye, birasaba ko twongera imbaraga mu bukangurambaga no gusobanurira abagore amahirwe ahari, kugira ngo babashe kugera kuri ibyo byiza byabateganyirijwe, cyane cyane bariya bagore bo hasi; hari abasobanukiwe ariko hari n’abatazi ko ayo mahirwe ahari. Ni ugukomeza kubahugura no kubafasha gutegura iyo mishinga kugira ngo babashe kubona ayo mahirwe.”

Mu rwego rwo gufasha abagore kwiteza imbere; Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024 bazafasha koperative z’abagore 39 zikora ubucuruzi bwambukiranya umupaka wa Rusizi, bakazahabwa 59 173 592 Frw.

Inama y’Igihugu y’Abagore ivuga kandi ko hari miliyoni 49 696 723 Frw zizashyirwa mu bikorwa bishyigikira imishinga y’abagore, kugira ngo irusheho kubabyarira inyungu no kwiteza imbere.

Dr Uwamariya Valentine, Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yavuze ko hagikenewe ubukangurambaga
Abagore bihaye intego yo gushyira Banki yabo

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Ibyo kwitega muri tombola y’irushanwa rikundwa na benshi muri ruhago y’Isi

Next Post

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Related Posts

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

by radiotv10
23/10/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, bavuga ko batumva ukuntu ingo zabo zasimbutswe mu guhabwa...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

by radiotv10
23/10/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced that by the end of this month, activities will begin to verify personal...

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

by radiotv10
23/10/2025
0

Umubyeyi w’imyaka 19 wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke, watewe inda afite imyaka 16, aravuga ko abayeho...

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

by radiotv10
23/10/2025
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy'lgihugu Gishinzwe Irangamuntu 'NIDA', bwamenyesheje Abanyarwanda bose ko mu mpera z’uku kwezi hazatangira ibikorwa byo kwemeza imyirondoro no...

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

Indwara y’amatungo yagaragaye mu Karere ka Rubavu yatumye hafatwa ingamba

by radiotv10
22/10/2025
0

Indwara y’Uburenge ifata amatungo yagaragaye mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Rubavu, yatumye Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu...

IZIHERUKA

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8
IBYAMAMARE

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

by radiotv10
23/10/2025
0

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Gakenke: Ingorane z’umubyeyi wabyaye akiri umwana nyuma yuko uwamuteye inda afunzwe

23/10/2025
Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

Hatangajwe igihe hazatangira ibikorwa bizatuma Abanyarwanda babona Indangamuntu-koranabuhanga izahabwa kuva ku bakivuka

23/10/2025
Mukura yanditse yerura ko itishimiye imisifurire mu mukino wayo na APR

Hatangajwe ibyemezo byafatiwe abasifuzi bayoboye imikino yazamuye impaka irimo uwa APR na Mukura

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Mu mvugo y’urwenya umuhanzi ukunzwe na benshi muri Gospel yasubije abafite icyo bamutegerejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Eng.-Rwanda sets date to begin nationwide photo capture for the new digital ID ‘eNdangamuntu’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.