Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwamagana: Haribazwa uzabazwa igihombo cy’impanuka yabaye mu isoko ry’Akarere igasigira abacuruzi agahinda

radiotv10by radiotv10
06/10/2023
in MU RWANDA
0
Rwamagana: Haribazwa uzabazwa igihombo cy’impanuka yabaye mu isoko ry’Akarere igasigira abacuruzi agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko igice kimwe cy’isoko ry’agateganyo ry’Akarere ka Rwamagana, gifashwe n’inkongi y’umuriro, abafite ibyabo byahiriyemo bari mu ihurizo bibaza uzabishyura kuko batari bafite ubwishingizi.

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo humvikanye inkuru yo gushya ku igice kimwe cy’isoko ry’agateganyo ry’Akarere ka Rwamagana.

Abacururiza muri iri soko bavuga ko kuba bakorera mu isoko ry’agateganyo kandi bakisuganya batari biteze ko bahura n’iyi mpanuka ku buryo bari guhita batekereza gushyira ibicuruzwa byabo mu bwishingizi.

Biziyaremye Ernest wakoraga ibikoresho byo mu rugo nk’amaradiyo, televiziyo, na amaterefoni, avuga ko iyi nkongi yibasiye igice bakoreragamo yabatunguye.

Ati “Ariko mu by’ukuri nta kintu twigeze turokoramo hano byose byarahiye. Ba nyiri bintu bari kubitubaza tukabereka ko byahiriyemo hano nta kindi kintu barenzaho.”

Akomeza agira ati “Iri soko twari turirimo by’agateganyo. Ntabwo twumvaga ngo twicaye mu kazi nyakuri kuko twumvaga ko tuza tukazamuka ruguru (Ahahoze isoko bakuwemo).”

Uyu muturage avuga ko ubuyobozi bw’Akarere bukwiye kugoboka abafite ibyabo byahiriyemo, bakabona ubushobozi bwo gusubira mu mirimo yabo.

Kugeza ubu ntacyo ubuyobozi bw’Akarere buratangaza ku kizafashwa aba bacuruzi bafite ibyabo byahiriye muri iri soko.

Mujyambere Louis de Montfort uyobora urwego rw’Abikorera mu Karere ka Rwamagana, avuga ko abacuruzi bakwiye kujya bitabira gushyira mu bwishingizi ibicuruzwa byabo.

Iyi nkongi y’umuriro yibasiye iri soko ry’agateganyo rya Rwamagana, ibaye nyuma y’uko ahahoze isoko hari kubakwa isoko rigezweho, aho abarikoreragamo bose bimuriwe muri iri riri iruhande rw’agakiriro.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + nineteen =

Previous Post

Imibare ihanitse y’uburyo indwara iri mu zica cyane ihagaze mu Rwanda n’impamvu hari Intara yatumbagiyemo

Next Post

DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

DRCongo: Amakuru arambuye ku bugome ndengakamere bwongeye gukorerwa Abatutsi n’abandi babyihishe inyuma batakekwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.