Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Havuzwe icyateye umuturage kujyana iwe ibyashoboraga guteza akaga akabihacururiza

radiotv10by radiotv10
06/10/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kicukiro: Havuzwe icyateye umuturage kujyana iwe ibyashoboraga guteza akaga akabihacururiza
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 34 y’amavuko, yafatanywe iwe mu rugo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, litiro 220 za Mazutu yacururizaga iwe mu rugo kandi bitemewe, kuko ishobora guteza impanuka mu rugo, akaba yarabikoze ngo kuko yabona ibikomoka kuri peteroli byahenze.

Uyu muturage wafashwe hirya y’ejo hashize, ku wa Gatatu tariki 04 Ukwakira mu Kagari ka Nyanza, yafashwe ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’abaturage bo mu gace atuyemo.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro, yavuze ko uyu muturage yakoze iki gikorwa cyo gucururiza iwe mazutu, kuko yabonaga ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byarazamutse.

SP Twajamahoro avuga ko hari ahantu hagenwe hakorerwa ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli, kandi ko hari amategeko abigena.

Ati “Uriya rero wihaye gusa nk’uyirangura ahantu na ho hatazwi, akajya kuyibika iwe agamije kuzajya ayicuruza, ntabwo byemewe n’amategeko.”

SP Twajamahoro yakomeje agaragaza akaga gashobora guterwa n’ibi byari byakozwe n’uyu muturage, ati “Harimo ingaruka nyinshi kuko umwana cyangwa undi umuntu ashobora gucana ikibiriti cyangwa iriya mazutu igahura n’ikibatsi cy’umuriro, abari muri iyo nzu bose bagashya, imitungo yabo ikahatikirira ndetse n’abaturanyi babo bakabigenderamo.”

Uwafashwe na mazutu yafatanywe, yashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo iperereza rikomeze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + two =

Previous Post

Icyatumye konti y’umuhanzikazi ugezweho muri America ivaho cyatunguye benshi

Next Post

Amashusho y’abavandimwe bazwi muri ruhago bahuje urugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amashusho y’abavandimwe bazwi muri ruhago bahuje urugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Amashusho y’abavandimwe bazwi muri ruhago bahuje urugwiro yazamuye amarangamutima ya benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.