Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi w’icyamamare ku Isi, Britney Spears, nyuma y’imyaka irenga 20 akuyemo inda yari yatewe n’umuhanzi Justin Timberlake bakundanaga, yatangaje icyabiteye, cyakomeje kumubera umutwaro uremereye.

Britney Spears na Justin Timberlake bakundanye bakiri bato hagati y’umwaka 1999 na 2002, aho uyu muhanzikazi yanaje gutwita inda y’uyu wari umukunzi we.

Mu gitabo cya Britney Spears agiye gushyira hanze yise ‘The Woman in Me’ (Umugore muri njye), kigaragaza bimwe mu byaranze ubuzima bwe birimo n’iby’urukundo rwe na Justin Timberlake n’uburyo yasamye inda ye akayikuramo.

Yagize ati “Byarantunguye ariko kuri njye ntabwo byari amahano. Nakundaga Justin cyane. Nahoraga ntekereza ko umunsi umwe tuzagira umuryango biciye muri uwo mwana nari ntwite.”

Akomeza agira ati “Ariko Justin rwose ntabwo yishimiye gutwita. Yavuze ko tutari twiteguye kubyara kuko twari tukiri bato cyane.”

Britney Spears avuga ko ibi ari na byo byatumye akuramo iyi nda yari yatewe n’umukunzi we yabonagamo umugabo we w’ahazaza.

Abafana b’uyu muhanzikazi byatumye bibaza kuri amwe mu magambo yagiye akoresha mu ndirimbo kandi bemeza ko bashobora kuba baravugaga kuri iyi nda yakuwemo n’uyu muhanzi, nk’aho asaba imbabazi umwana utaravutse kikaba ari nacyo cyanarangije umubano we na Timberlake. Banavuga ko indirimbo ye ‘Everytime’ na yo ikubiyemo ibyerekeye gukuramo iriya nda.

Britney Spears yanavuze ko atashakaga gukuramo iri nda ahubwo yabitewe n’ubwoba bwa Timberlake

Ati “Timberlake yambwiye ko nindamuka nyikuyemo azansiga. Nubwo njye ntashakaga kuyikuramo ariko narabikoze, kuri uyu munsi ni cyo kintu gikomeje kunsenya ibitekerezo ni nacyo kintu cyaba cyarambabaje mu buzima bwanjye bwose.”

Uyu muhanzikazi nubwo yakuyemo inda ya Justin Timberlake nyuma yaje kubyara abana babiri b’abahungu, uwitwa Sean Preston na Jayden James, gusa urushako ntirwamuhiriye kuko amaze gushaka abagabo gatatu bikarangira batandukanye.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 3 =

Previous Post

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

Next Post

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Related Posts

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

Umugore w’umuhanzi Tom Close yamwibukije urwo amukunda anamubwira icyo amwifuriza

by radiotv10
29/10/2025
0

Ange Niyonshuti Tricia, umugore w’umuhanzi Tom Close; yongeye kumwibutsa ko amukunda urutagereranywa, anamubwira ko amwifuriza kuramba kugeza igihe azabonera ubuvivi....

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

Eng.-Rwandan origin girl competing for Miss Belgium crown

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera, who has Rwandan roots, is among the contestants for the Miss Belgium title. She is confident about her...

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

Ufite inkomoko mu Rwanda ari guhatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi

by radiotv10
28/10/2025
0

Kyra Nkezabera ufite inkomoko mu Rwanda, ari mu bahatanira ikamba rya Miss w’u Bubiligi, ndetse akaba afite icyizere cyo kuryegukana,...

How musicians are using streaming platforms to make money

How musicians are using streaming platforms to make money

by radiotv10
27/10/2025
0

In today’s digital world, streaming platforms have completely changed how musicians share their music and earn a living. Instead of...

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

by radiotv10
25/10/2025
0

Nyuma y'ibyumweru bibiri afunguwe, Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga n'umugore we Annette Murava, basohoye indirimbo nshya bise ‘Ndi inde”...

IZIHERUKA

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa
MU RWANDA

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

31/10/2025
Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

31/10/2025
Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Umwana wazamuriye benshi amarangamutima bivugwa ko yarenganyijwe yatangiye gusekerwa n’andi mahirwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Impaka zavutse nyuma yuko u Bufaransa buvuze ibyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kigenzurwa na AFC/M23

Kayonza: Bavuze uko umuhanda wakozwe n’Abashinwa ugiye kubicisha inzara

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.