Saturday, November 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo u Rwanda ruvuga ku ngingo irugaragazaho icyasha mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza

radiotv10by radiotv10
15/11/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda yagize icyo avuga ku ngingo igaruka ku Rwanda mu cyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza rwatesheje agaciro gahunda yo kohereza abimukira, ivuga ko atari Igihugu gitekanye cyakoherezwamo abo bantu, avuga ko bihabanye n’ukuri.

Ni nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga mu Bwongereza, rutesheje agaciro gahunda ya Guverinoma y’iki Gihugu n’iy’u Rwanda yari igamije kuramira ubuzima bw’abimukira n’impunzi, rukavuga ko itubahirije amategeko.

Uretse kuba uru Rukiko rwavuze ko hari impungenge ko abarebwaga n’aya masezerano, bashobora kuzahita boherezwa mu Bihugu baturutsemo igihe baba boherejwe mu Rwanda, rwanavuze ko atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakwakira abo bimukira mu gihe baba batabashije kuguma mu Bwongereza.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko nubwo iki cyemezo cyafashwe n’Ubucamanza bw’u Bwongereza “ariko twe twitaye ku kuvuga ko u Rwanda atari Igihugu cya gatatu gitekanye cyakoherezwamo abimukira n’abashaka ubuhungiro mu gihe bagishakirwa aho bajya.”

Yolande Makolo yakomeje avuga ko u Rwanda rwiyemeje gukorana n’u Bwongereza muri iyi gahunda yo kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, rugendeye ku nshingano Mpuzamahanga Ibihugu bishyirwaho mu gutabara ubuzima bw’abari mu kaga.

Ati “Tuzirikanwa na UNHCR ndetse n’indi miryango mpuzamahanga ku kuba turi intangarugero mu gufata neza impunzi.”

Yavuze ko mu buryo bwemewe n’amategeko, u Rwanda mu bikorwa ruba rurimo byo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda, runagenda rukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu gushaka umuti w’ibibazo by’ingutu biba byugarije Afurika ndetse n’ibindi bice by’Isi.

Yolande Makolo yasoje agira ati “Duha agaciro cyane inshingano zo kugira uruhare mu bikorwa by’ubutabazi, kandi tuzakomeza kubyubahiriza.”

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kuvuga ko yiyemeje gukorana na Guverinoma y’u Bwongereza muri iyi gahunda yamaze guteshwa agaciro, kuko u Rwanda ruzi ingaruka zo kuba abantu babaho ari impunzi batanitabwaho uko bikwiye, kubera amateka Abanyarwanda banyuzemo, bityo ko muri bicye rufite rutazabura gutanga umusanzu ku bakeneye ubutabazi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 4 =

Previous Post

Amateka ariyandika: Abakuru b’Ibihugu bikomeye bidakunze guhuza ku ngingo nyinshi barahura

Next Post

DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

IZIHERUKA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi
AMAHANGA

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
15/11/2025
0

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Itumbagira ry’imibare y’abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

DRCongo: Itumbagira ry'imibare y'abagore bahohoterwa ryahagurukije abanyamakuru b’abagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.