Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/12/2023
in MU RWANDA
0
Icyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batemererwa gukorera ‘Permis’ z’u Rwanda

Rwaka Parfait ufite ubumuga bwo kutavuga amaze imyaka 24 ari umushoferi, akoresha uruhushya rwo muri Uganda

Share on FacebookShare on Twitter

Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, bavuga ko batumva impamvu batemerewe gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga z’u Rwanda, kandi ahandi zitangwa, dore ko hari n’abakoresha iz’amahanga, kandi ngo bakaba badateza impanuka.

Byatangajwe n’Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga, ivuga ko yakiriye ibyifuzo by’abafite ubu bumuga, bavuga ko batemerewe gukora ibizamini by’izo mpushya zo gutwara ibinyabiziga.

Ibi byifuzo byongeye kuzamurwa mu gihe u Rwanda rwiteguye kwifatanya n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abafite ubumuga uba tariki 03 Ukuboza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abafite ubumuga, Emmanuel Ndayisaba, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura kwizihiza uyu munsi, yagarutse kuri iki cyifuzo cy’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bakunze kuzamura amajwi bavuga ko batumva impamvu batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Emmanuel Ndayisaba yavuze ko hari itsinda ryoherejwe kugira ngo rizaganire n’inzego za Leta zirebwa n’iki kibazo, aho abafite ubu bumuga basaba ko amategeko y’umuhanda avugururwa.

Avuga ko izi mbogamizi ziriho mu gihe mu mwaka wa 2021 hemejwe politiki itagira uwo iheza, iha uburenganzira busesuye abantu bafite ubumuga mu nzego zose z’Igihugu.

Yagize ati “Dufite abantu benshi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga batwara ibinyabiziga ariko bakuye impushya mu bindi Bihugu. Ndakeka ko u Rwanda na rwo rukwiye gutangira gutanga izo mpushya.”

Yakomeje agira ati “Kandi abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ntibajya bateza impanuka mu gihe batwaye. Ni na bo bitwarararika kurusha abandi.”

Ndayisaba yakomeje avuga ko n’ubusanzwe ibinyabiziga nk’imodoka ziba zifite ibimenyetso nk’amatara ndangacyerekezo, ku buryo byorohera abafite ubu bumuga bwo kutumva no kutavuga, gutwara neza.

Parfait Rwaka w’imyaka 44 y’amavuko, ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ni umushoferi ubimazemo imyaka 24, akaba ari umukozi w’Ihuriro ry’abafite ubumuga bwo kutavuga (RNUD).

Avuga ko yagerageje gushaka uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga rwo mu Rwanda ariko ko byananiranye, ubu akaba akoresha urwo muri Uganda.

Agaragaza imbogamizi zo kuba afite uruhushya rw’amahanga, Rwaka yagize ati “Igihe nshaka kongeresha uruhushya rwanjye, njya muri Uganda kuko u Rwanda rutaremerera abafite ubumuga bwo kutavuga gutwara ibinyabiziga. Dukeneye ko habaho amavugurura mu itegeko ryereye amategeko y’umuhanda mu Rwanda.”

Umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane Transparency International Rwanda, uvuga ko mu bibazo bakira, birimo n’iki cy’abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva batemerewe gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga.

Visi Perezida wa Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena, Pélagie Uwera, mu kiganiro giherutse kuba muri uku kwezi, yavuze ko hakenewe itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva, gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga “mu gihe zihabwa abandi nka bo ku Isi hose.”

ACP Teddy Ruyenzi wari uhagarariye Polisi y’u Rwanda muri ibi biganiro, yavuze ko uru rwego rudafite ikibazo kuri iki cyifuzo, ariko ko kugeza ubu itegeko ririho ritabirwemerera.

Yagize ati “Twe dushyira mu bikorwa amategeko. Nihaba hari itegeko ryemerera abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga gutunga impushya zo gutwara ibinyabiziga, tuzaryubahiriza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + five =

Previous Post

Congo yavuze ko iri mu rujijo ku cyemezo gitunguranye cyafashwe n’u Burayi ku byerecyeye amatora

Next Post

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Uwagarutsweho mu byo muri Miss Rwanda wari waracecetse bwa mbere yavivuzeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.