Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC

radiotv10by radiotv10
23/09/2021
in SIPORO
0
“Narihannye ubu nta kigare kizongera kunyobya”-Runanira Amza nyuma yo gusinyira Espoir FC
Share on FacebookShare on Twitter

Runanira Amza myugariro wakinaga mu mutima w’ubwugarizi muri Bugesera FC mbere y’uko batandukana, kuri ubu yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu karere ka Rusizi mu ntara y’iburengerazuba.

Runanira Amza wagiye arangwa n’amakosa atandukanye byatumye anatandukana n’amakipe atandukanye arimo Rayon Sports na Bugesera FC.

Nyuma yo gutandukana na Rayon Sports habanje kubaho ubwumvikane bucye akajya muri Bugesera FC, nabwo ntabwo byagenze neza kuko iyi kipe yamushinjaga imyitwarire idahwitse.

Nyuma yo gutandukana na Bugesera FC nibwo Runanira yahise afatanwa na Kwizera Olivier na bagenzi babo baranafungwa bazira ko bafashwe banywa ibiyobyabwenge. Gusa, baje gufungurwa banakatirwa igihano cy’umwaka umwe usubitse.

Image

Runanira Amza yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Espoir FC

Amaze kurekurwa nibwo amakipe atandukanye yatangiye kumurambagiza ariko biza kurangira yumvikanye na Espoir FC yanamaze gusinyamo amasezerano y’imyaka ibiri (2021-2023).

Aganira na RadioTV10, Runanira yavuze ko amakosa yose yabayemo ayemera kandi ko abona ahagije kugira ngo afate umwanya yikosore akine umupira nyirizina.

“Amakosa yose nakoze ni ayo sinzongera kwisanga mu bibazo ahanini usanga ari njye wabyiteye. Ibigare nabagamo ubu nabivuyemo ubu umutima wanjye wose uri ku mupira w’amaguru.” Runanira

Runanira akomeza avuga ko kuri ubu yafashe umwanzuro wo kujya gutanga imbaraga ze mu ikipe ye nshya ya Espoir FC, ikipe yizera ko izamushyira ku rwego rwiza agasubira mu bihe bye.

“Espoir FC ni ikipe nziza kuko umwaka w’imikino ushize yarabigaragaje. Ubu rero nizeye ko ngomba gufatanya na bagenzi banjye kugira ngo binafashe kuzamura urwego bityo nzasubire uko nari meze mbere y’uko mva muri Marines FC njya muri Rayon Sports” Runanira

Rayon Sports yasinyishije myugariro wa Marines FC imyaka ine - IGIHE.com

Runanira Amza (14) ubwo yari ahanganye na Bimenyimana BonFils Caleb (7) ubwo Marines FC yahuraga na Rayon Sports kuri sitade Umuganda i Rubavu

Runanira Hamza wabayeho kapiteni wa Marines FC mbere y’uko agana muri Rayon Sports, avuga ko ubu intego ye ari ugukora uko ashoboye akagaruka mu bihe bye.

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 10 =

Previous Post

CYCLING: U Rwanda rwemerewe kuzakira shampiyona y’isi ya 2025

Next Post

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Related Posts

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

10 SPORTS: Yerry Mina na Iglesias babonye izuba, Enyimba SC yanyagiye Rayon Sports…ibyaranze uyu munsi mu mateka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.