Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya

radiotv10by radiotv10
02/02/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bitunguranye urubanza rwa Kazungu rwasubitswe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha birimo kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, rwongeye gusubikwa ku nshuro ya gatatu yikurikiranya.

Isubikwa ry’uru rubanza ryamenyekanye muri iki gitondo mu gihe abantu bari bazi ko ruburanishwa ku cyicaro cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ndetse n’abantu bari bazindukiye ku Rukiko, bagiye kumva uru rubanza.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse uru rubanza kuko hateganyijwe inama y’Abacamanza.

Perezida w’uru Rukiko yatangarije Abanyamakuru ko nta rubanza ruteganyijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Gashyantare 2024 kubera iyi nama yahurije Abacamanza iri kubera mu Mujyi wa Kigali.

Ni ku nshuro ya gatatu uru rubanza rusubitswe, nyuma y’uko rwari rusubitswe tariki 12 Mutarama 2024, nabwo bikozwe n’uru Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, ubwo byari bisabwe n’uruhande rw’uregwa rwavugaga ko rutabonye umwanya wo kwicarana ngo rutegure urubanza.

Icyo gihe Kazungu wakurikiranye iburanisha hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ari kuri Gereza ya Nyarugenge afungiyemo, we n’umunyamategeko we Me Faustin Murangwa, bari basabye Urukiko kubaha igihe nibura cy’icyumweru ngo bategure urubanza.

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemeje icyifuzo cy’uregwa, rusubika uru rubanza, nyuma y’uko rwari rwanasubitswe tariki 02 Mutarama, ubwo yagombaga kubuanishwa ku cyaha cyo gusambanya umugore, ariko Ubushinjacyaha bugasaba ko uru rubanza ruhuzwa n’urwo yari afite tariki 12 Mutarama.

Uyu musore w’imyaka 34 y’amavuko, yatawe muri yombi mu ntangiro za Nzeri umwaka ushize wa 2023, nyuma y’uko aho yabaga mu Muduhudu wa Gashikiri mu Kagari ka Busanza mu Murenge wa Kanombe, habonetse icyobo akekwaho gushyinguramo abantu barenga 10 akekwaho kwica.

Mu ibazwa ry’ibanze ndetse no mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ubwo Kazungu Denis yaburanaga ku ifungwa ry’agateganyo, yemeye ibyaha akurikiranyweho byo kwica abantu 14 barimo abakobwa 13, avuga ko yabicaga kuko “na bo babaga bamwanduje Virusi itera SIDA.

Garleon NTAMBARA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 7 =

Previous Post

Abadapite bavuze ikibazo gihora gisubirwamo ariko ntigikemuke bakibaza icyabuze

Next Post

Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Icyemezo gishya cya KNC wari uherutse gutangaza ko asheshe ikipe ye ya Gasogi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.