Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe

radiotv10by radiotv10
06/02/2024
in MU RWANDA
0
Icyo bakeka ku bantu batatu mu Isibo imwe bapfuye urw’amayobera mu cyumweru kimwe
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mudugudu umwe wo mu Murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara, haravugwa ababahumanya bakabaha uburozi, bakemeza ko ari bwo bwanahitanye by’amarabira abantu batatu bo mu Isibo imwe mu cyumweru kimwe barimo babiri b’umuryango umwe.

Aba baturage bo mu Isibo yo mu Mudugudu wa Karama mu Kagari ka Mamba mu Murenge wa Mamba, babwiye RADIOTV10 ko hari abantu barwara mu buryo budasobanutse bagahita bitaba Imana.

Bavuga ko abo bantu baba banyoye ibinyobwa mu birori cyangwa mu baturanyi, bagatanga urugero rw’abantu batatu bo mu Isibo imwe baherutse baherutse kwitaba Imana mu cyumweru kimwe barimo babiri bo mu muryango umwe.

Umwe mu baturage agira ati “Ni abarozi, none se umusaza wanjye ko yagiye kuvumba atarwaye, nyuma akaba arapfuye, ni amarozi, amaze gupfa undi na we wo mu muryango yahise apfa, ndetse n’umwana wa Mudugudu.”

Undi na we yagize ati “Umugabo wanjye we ntiyahagaze. Ni ukuri sinakubwira ngo umugabo wanjye naramurwaje, uwo munsi yafashwe twamujyanye kwa muganga saa yine z’ijoro, saa tatu za mu gitondo yari yamaze gupfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mamba, Eugene Manirarora avuga ko ibintu by’amarozi bitari bisanzwe muri uyu Murenge ayobora, ndetse ko atahamya ko abapfuye bishwe n’amarozi.

Yagize ati ”Icyo twe twavuga twabashije kumenya kuri ibyo, ni uko abo bantu batatu bavuga bapfiriye umunsi umwe harimo umusore umwe wakoze impanuka ari muri siporo, uwo nguwo apfira rimwe n’umusaza bavuga ko yari yanyoye aho yari yagiye mu bukwe, ndetse n’undi wo mu muryango we.

Yakomeje agira ati “Twebwe impamvu tutabifashe ko ari rusange, urumva umwe yazize igare undi kunywa ntabwo ari bimwe. Ni bimwe by’abaturage bumva ngo umuntu yapfuye bagacyeka ko ari byo nta gihamya gihari.

INKURU MU MASHUSHO

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yeruye ivuga ko FARDC yananiwe imbere ya M23

Next Post

Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Hatangajwe indwara yasanganywe Umwami w’u Bwongereza izatuma azaba atagaragara

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.